Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Yvan Buravan YATABARUTSE
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Yvan Buravan YATABARUTSE

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 August 2022 8:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu bahanzi bari bakunzwe kurusha abandi  witwa Yvan Buravan yapfuye. Yaguye mu Buhinde azize cancer y’urwagashya nk’uko byatangajwe n’abasanzwe bakurikirana inyungu ze.

Apfuye akenyutse kuko yari kiri muto cyane. Burabyo  Dushime Yvan yavutse mu mwaka wa 1995 akaba atabarutse afite imyaka 25 y’amavuko.

Uburwayi bwe bwatangiye aruka, ikintu cyose atamiye akakigarura.

Ku ikubitiro abantu baketse ko atwaye igifu ariko uko iminsi yihitaga babona birakomeye, atangiye kubyimba inda.

Bamujyanye kumuvuriza muri Kenya n’aho biranga, nyuma bamujyana mu Buhinde none niho yaguye.

Indirimbo yaherukaga gusohora yari ikunzwe ni iyo yise TWAJE.

Buravan yatabarutse

Burabyo yatangiye kuririmba akizihira abamwumva kera.

Afite imyaka ibiri mukuru we yamuguriye aga piano k’abana ngo ajye agakinisha yumva amanota.

Gukunda umuziki bwamukuyemo none atabarutse ari umuhizi mu muziki.

Aho aciriye akenge yagiye muri Kolari y’abana arahazamukira.

Hari ikigo gitanga serivisi z’itumanaho mu Rwanda cyakoresheje irushanwa ku bakiri bato ngo harebwe impano zabo mu muziki Buravan aba uwa kabiri mu gihugu.

Nibwo yavumbuye burya ko yawukora bikamuhira kandi koko byarakunze.

Yize muri Amis des Enfants ndetse no muri La Colombière.

Umuryango we waramufashije akomeza kuririmba.

Muri ako kazi abo mu muryango we yabasabye kuzamuba hafi kandi barabikora.

Umuhanzi bakoranye indirimbo bwa mbere( collabo) ni Umutare Gaby usiga uba muri Australia aho afite urugo.

Gaby we yise Information Technology.

Indirimbo yatumye Buravan amenyekana ni iyo yise Malaika.

Yakoranye indirimbo n’abahanzi benshi barimo abo mu Rwanda no hanze yarwo anitabira ibitaramo byinshi kandi bikomeye.

Yigeze no guhigika abahanzi b’Abanyafurika yegukana irushanwa rya Prix Découverte ritegurwa na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa ya RFI.

Ritegurwa na RFI ifatanyije n’umuryango w’ibihugu bikoresha igifaransa, OIF, ndetse n’Umuryango w’Abibumbye wita ku burezi, UNESCO, mu rwego rwo guteza imbere imbyino n’umuco wa Afurika .

Yvan Buravan yakunzwe mu ndirimbo zitandukanye zirimo ‘Ye Ayee’, ‘Si Belle’, ‘Low Key’, ‘Garagaza’, ‘Oya’, ‘Just Dance’ n’izindi.

Ubwanditsi n’ubuyobozi bwa Taarifa bwifurije Burabyo Dushime Yvan kuruhukira mu mahoro.

TAGGED:BuhindeBuravanIndwaraUmuhanzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Batezwe Igico Na Polisi Bazanye Magendu, Bamwe Barayicika
Next Article Umupolisi Yambuye Abamotari Amafaranga Ayahonga Indaya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduro

Sandra Teta Yarekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

The Ben Yacuranze Gitari Na Piyano Atari Abizwiho

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Bwiza Aritegura Igitaramo Kizahura N’Isabukuru Ye Y’Amavuko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?