Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Zimwe Mu Mvubu Zo Mu Akagera Zigiye Kuraswa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Zimwe Mu Mvubu Zo Mu Akagera Zigiye Kuraswa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 February 2021 3:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Icyemezo cyafashwe n’Inama y’umutekano itaguye y’Akarere ka Kayonza yafashe umwanzuro wo kwigizayo imvubu zegereye abaturage, izitabishoboye zikicwa zirashwe. Iki cyemezo gifashwe nyuma y’uko hari imwe muri zo yakomerekeje cyane umuturage witwa Gabriel Minani w’imyaka 37.

Minani yahuye n’iriya nyamaswa ku mugoroba wo kuri wa Gatandatu, tariki 13,  Gashyantare,2921 ari gishanga kigabanya Umurenge wa Gahini n’uwa Murundi.

 Byabereye mu Mudugudu wa Nyamiyaga mu Kagari ka Kahi mu Murenge wa Gahini.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahini, Rukeribuga Joseph, yabwiye IGIHE  dukesha iyi nkuru  ko iriya nyamaswa yamukomerekeje ubwo yari agiye kuroba amafi.

Yagize ati:“Iyo mvubu yamukomerekeje mu buryo bukomeye mu nda muri ayo masaha y’umugoroba ubwo yarobaga amafi mu gishanga kigabanya Umurenge wa Gahini n’uwa Murundi. Urabona muri ibi bihe dufite amazi menshi aba yazanywe n’imvura imaze iminsi igwa kandi turi  no mu gihe cyo gusana ingomero zitandukanye yaba mu Murenge wa Gahini, Mwili na Murundi imvubu zose zisa nizavuyemo zigira mu gishanga.”

Yongeyeho ko iriya mvubu ‘yamukubise’ mu nda imukuramo amara ku buryo yakomeretse bikomeye.

Rukeribuga avuga ko bikiba, inama y’umutekano yahise iterana ishyiraho itsinda ry’ingabo rijya kuzihiga rikazigizayo kugira ngo zijye kure y’abaturage ndetse izitari bwigireyo ziraswe ipfe kugira ngo zitatongera kwica abaturage.

Imvubu ni zimwe mu nyamaswa zikunda kona imyaka y’abaturage cyane cyane mu Turere twa Kirehe, Kayonza na Nyagatare.

Mu kwezi gushize[Mutarama, 2021) hari indi mvubu yarasiwe mu Murenge wa Kabale mu Karere ka Kayonza.

TAGGED:featuredImvubuKayonga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ebola Yageze Muri Guinea
Next Article RBC Irasaba Abanyarwanda ‘Kwizihiza Valentine’ Bambaye Agapfukamunwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?