Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: 40.5% By’Abatuye Umujyi Wa Kigali Bafite Ibibazo Byo Mu Mutwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

40.5% By’Abatuye Umujyi Wa Kigali Bafite Ibibazo Byo Mu Mutwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 October 2022 4:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari indirimbo iri mu zimaze igihe ivuga ko u Rwanda rw’ejo ruteganya kuzamenya gusoma. Icyakora hari ibindi rusoma bikarukoraho. Ibyo  ni inzoga n’ibiyobyabwenge kandi byatumye umubare w’urubyiruko rufite uburwayi bwo mu mutwe wiyongera.

Nk’uko imibare iherutse gutangazwa na kimwe mu binyamakuru byo mu Rwanda cyahawe n’ubuyobozi bw’Ikigo kivura indwara zo mu mutwe kiri mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo, 70% by’abarwaye mu mutwe mu Rwanda ari urubyiruko.

Abari hagati y’imyaka 20-39 bafite icyo kibazo bangana na 42%, abarengeje imyaka 40 bafite ubu burwayi ni 38% naho abari munsi y’imyaka 19  bangana na 20%.

Imibare yerekana ko mu mwaka ushize 2021/2022, ibitaro by’i Ndera  byakiriye abarwayi 96.357, bakaba bariyongereyeho 29,6% ni ukuvuga 21,993 ugereranyije n’umwaka wabanje  wa 2020/2021.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikindi giteye inkeke ni uko biriya bitaro hamwe n’ibibishamikiyeho byakira abarwayi bagera  kuri 264 ku munsi.

Abaturage bagera ku 96,000 bagannye biriya bitaro mu mwaka wa 2021, abangana na 40.5% ni abatuye Umujyi wa Kigali.

Intara ya kabiri ifite abarwayi bo mu mutwe ni iy’Amajyepfo kuko ifite 17.3%, iy’i Burasirazuba ikagira 16.7%, iy’Amajyaruguru afite 10%.

Abagabo nibo barwaye mu mutwe kurusha abagore kubera ko bafite ijanisha rya 54% , abagore bakagira 46%.

Indwara yo mu mutwe yitwa Ibisazi( Schizophrenia) niyo iri ku isonga mu kugariza Abanyarwanda kubera ko yo yonyine yihariye 35,9% ni ukuvuga abantu bagera ku 35.581.

- Advertisement -

Igicuri [Epilepsy] kiza ku mwanya wa kabiri, aho abagannye ibitaro bakirwaye bari 13.337 ni ukuvuga 13,8%.

Indi ihangayikishije cyane ni agahinda gakabije kuko mu 2021/22 abayivuje bari 7.817 mu gihe umwaka wabanje bari 1.743 ni ukuvuga bikubye 4,5% n’inyongera ya 348.48%.

Inzobere mu kuvura indwara zo mu mutwe, Dr Rutakayire Bizoza, akaba n’umuganga mu bitaro by’indwara zo mu mutwe i Ndera yasobanuriye bagenzi bacu ba IGIHE  ko ubwiyongere bw’indwara zo mu mutwe mbere na mbere bushingira ku mateka y’u Rwanda n’Abanyarwanda cyane cyane ihungabana ryatewe na Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Akenshi [Jenoside] ni yo nyirabayazana y’indwara y’agahinda n’izindi ndwara zikomeye nk’indwara yo mu mutwe yeruye ‘Schizophrenia’ [ibisazi].”

Ingaruka za COVID-19 nazo zaje zisonga benshi.

Hari abapfusha abantu bari basanzwe babafitiye akamaro mu buzima bigatuma batakaza icyizere, bikabahungabanya cyane.

Gucuruza ugahomba ukabura uko wigira nabyo birahungabanya.

Icyakora urubyiruko rwo rugira umwihariko w’’uko ruhungabanywa n’ibibazo byo mu ngo hakiyongeraho n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge no kunywa inzoga zikomeye kandi kenshi.

Ikindi cyerekana ko sosiyete y’Abanyarwanda yugarijwe n’ibibazo ukwiyongera k’umubare w’abiyahura.

Wa muganga wo mu bitaro bya Ndera avuga ko urubyiruko rukoresha ibiyobyabwenge ari rwo rurwara mu mutwe kenshi kandi ngo hari n’abaza kwivuza byararangiye nta garuriro.

Urubyiruko rugirwa inama yo kuzibukira inzoga nyinshi n’ibindi biyobyabwenge kubera ko birwangiriza ubuzima kandi uburwayi bwo mu mutwe bubuza n’ibindi bice by’umubiri gukora mu buryo bufite intego, bityo umuntu akadindira mu iterambere.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedInzogaKigaliUburwayiUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abubaka Mu Cyahoze Ari KIE Bavuga Ko Bambuwe
Next Article Gen Muganga Yasabiye APR FC Imbabazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?