Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: 60.6% By’Abanyarwanda Bakoresha Internet
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IkoranabuhangaMu Rwanda

60.6% By’Abanyarwanda Bakoresha Internet

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 September 2024 11:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ingabire Paula uyobora Minisiteri y’ikoranabuhanga na Inovasiyo yatangaje ko ikoreshwa rya murandasi mu Rwanda rimaze gukataza kuko 60.6% by’Abanyarwanda bayikoresha.

Mu mwaka wa 2011 bari 7% , bivuze ko ikoreshwa ryayo riri hejuru cyane.

 

Minisitiri Ingabire Paula yabitangarije mu Nama nyunguranabitekerezo izwi nka ‘Rwanda Internet Governance Forum 2024- RIGF’.

Iyi nama yateguwe ku bufatanye n’Ikigo Leta yahaye inshingano zo guteza imbere indangarubuga ya RW( Rwanda) kitwa RICTA, abikorera ku giti cyabo n’izindi nzego zikora mu rwego rw’ikoranabuhanga haba mu burezi cyangwa ahandi.

Ingabire avuga ko mu myaka 24 ishize hari byinshi u Rwanda rwagezeho binyuze mu guteza imbere ikoranabuhanga ari nako ruteza rushyira hirya no hino ibikorwaremezo bituma rikora neza.

Yagize ati: “ Nka Minisiteri uruhare rwacu ni ukwemeza politiki n’imikoreshereze yayo iboneye, kandi tukita ku gushyigikira ibikorwa byo kwaguka mu ikoreshwa rya murandasi kandi hatagize usigara inyuma”.

Hari imibare igaragaza ko umuyoboro wa 4G LTE ugera mu bice by’u Rwanda ku rugero rwa 98%.

Raporo nyinshi zishyira u Rwanda imbere mu kugira murandasi nziza kandi yihuta.

Ikigo cyo mu Bwongereza gikora ubushakashatsi ku ikoranabuhanga kitwa Cable giherutse gutangaza ko u Rwanda ari cyo gihugu cya mbere muri Afurika y’Uburasirazuba, EAC gifite murandasi yihuta kandi ihendutse.

Mbere yarwo Kenya na Tanzania nibyo byari ibya mbere mu kugira murandasi yihuta ariko u Rwanda ruza kubisiga.

Muri iki gihe abakoresha murandasi mu Rwanda ibahendukiye ku $ 43,22 ku kwezi mu gihe mu mwaka wa 2023 yari $ 60.96 ku kwezi.

TAGGED:featuredIngabireMurandasiRwandaTanzaniaUbushakashatsi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubushinwa Bwemeye Kongera Ikibatsi Mu Mubano Wabwo N’u Rwanda
Next Article Kenya: Abanyeshuri 17 Bishwe N’Inkongi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

‘Body Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Chameleone FM: Radiyo Chameleone Agiye Gutangiza i Bujumbura

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Impyisi: Inyamaswa Y’Ingirakamaro Nubwo Yangwa 

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rurashyira Imbaraga Mu Bukangurambaga Mu Gutanga Umusoro Wa TVA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yiyemeje Gukorana Na Mauritania 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ububiligi Bwijeje DRC Gukomeza Kuyiba Hafi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gasabo: Yatemye Ushinzwe Umutekano Baramurasa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?