Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: 65% By’Abanyarwanda Bize Igifaransa Ariko Kizwi Na Bake
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

65% By’Abanyarwanda Bize Igifaransa Ariko Kizwi Na Bake

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 May 2022 11:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Raporo yiswe La Langue Française Dans Le Monde,  Synthèse 2022 itangaza ko 65% by’Abanyarwanda bize Igifaransa ariko abakizi neza bangana na 38%.

Iriya raporo yavuze ko Abanyarwanda bize Igifaransa( babise total francophones) bari benshi rwose kuko barenze kimwe cy’Abanyarwanda bose, ariko ngo abazi neza Igifaransa ni bake.

Bagize icyo abakoze iriya raporo bise’ Francophonie Maîtrisée.’

Mu Rwanda abazi Igifaransa neza ni abize kandi baba mu Murwa mukuru, Kigali.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku rwego rw’Afurika, ibihugu 15 nibyo byakorewemo ubushakashatsi.

Ababukoze basanze abantu bavuga Igifaransa ari abafite hagati y’imyaka 15 y’amavuko kugeza ku mwaka 24.

Ni urubyiruko ruba mu Mijyi nka Ouagadougu muri Burkina Faso, Bamako muri Mali, Yaoundé muri Cameroun, Dakar muri Senegal, Bangui n’ahandi muri Afurika y’i Burengerazuba.

Mu buryo butandukanye n’uko bimeze henshi mu bihugu bikoresha Igifaransa, igice cy’Abanyarwanda bazi Igifaransa ni icy’abantu bakuru.

Urubyiruko rw’u Rwanda ruvuga Ikinyarwanda, Icyongeza n’Igiswayire kivanze n’Igifaransa.

- Advertisement -
Uko Igifaransa kifashe muri Afurika

Ikindi abakoze iriya raporo bavuga ni uko u Rwanda rufite umwihariko w’uko ari ihuriro ry’abantu bakuriye mu mico itandukanye kandi bavuga indimi nyinshi.

Abenshi mu bize Igifaransa ni abantu bari ho mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 kandi byibura mbere yayo bakaba bari bageze ku rwego rw’amashuri byibura yisumbuye.

Ku rundi ruhande, muri iki gihe Abanyarwanda barashishikarizwa kwiga no kuvuga Igifaransa kugira ngo babyaze umusaruro umubano mwiza u Rwanda ruherutse kubyutsa n’u Bufaransa.

Igihugu cya mbere muri Afurika gifite abantu bazi neza Igifaransa ni Congo( abize Igifaransa ni 90% abakizi neza ni 61%), hakurikiraho Gabon( 86% by’abize Igifaransa, abakizi neza bakaba 60%), Repubulika ya Demukarasi ya Congo( abize Igifaransa ni 78%, abakizi neza ni 48%), Cameroun yo ifite abize Igifaransa bangana na 87% ariko abakizi neza ni 39%.

Kubera ko Igifaransa ari ururimi mpuzamahanga kandi ruhahira benshi ni ngombwa ko ibihugu bishyira imbaraga mu kurwigisha abaturage kugira ngo ejo nibahura n’abaruvuga, batazananirwa kwishikira umugati.

Hari umucuruzi w’Umunyarwanda uherutse kubwira Taarifa ko kutamenya Igifaransa bidindiza abacuruzi bo mu Rwanda bigatuma hari amasoko batagurishaho.

Yavuze ko kimwe mu bituma ibirwa bya Maurices biza ku mwanya uri imbere y’uw’u Rwanda kuri raporo z’uko business ikorwa ku isi, ari uko bifite abaturage bavuga neza Igifaransa n’Icyongereza.

Mu Rwanda hari aho usanga umuntu avuga ko azi kuvuga indimi eshatu( Igifaransa, Icyongereza n’Igiswayili) ariko wagenzura ugasanga azivuga ibice bice!

TAGGED:AbaturageAfurikafeaturedIgifaransaIndimi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dikembe Mutombo Ari Mu Rwanda Gutoza Basket Abana Bafite Ubumuga
Next Article Umuvugizi Wa Guverinoma Y’U Rwanda Avuga Ko Rutivanga Mu Bibera Muri DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?