Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buravugwaho kwegera ubwa amakipe atatu y’umupira w’amaguru akorera i Kigali ari yo AS Kigali, Kiyovu Sports na Gasogi United, hakarebwa uko yakora ikipe imwe rukumbi.
Iyo gahunda iramutse ishyizwe mu bikorwa ishobora guhindura cyane imiterere y’umupira w’amaguru mu Mujyi wa Kigali.
Aya makipe uko ari atatu asanzwe akora yigenga, gusa ibyo kuyahuza ntibivugwaho rumwe.
Ni impaka ziri hagati mu bayobozi bayo n’abasesenguzi ku bijyanye n’uko ibyo byashyirwa mu bikorwa mu buryo bwemewe n’amategeko, mu by’imari ndetse no mu mikinire.
Taarifa Rwanda yagerageje kuvugana n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva, kugira ngo asobanure impamvu y’iki gitekerezo, ibisabwa byagejejwe kuri aya makipe ndetse n’amafaranga Umujyi wa Kigali usanzwe ushyira mu bikorwa by’umupira w’amaguru buri mwaka.
Icyakora, kugeza igihe iyi nkuru yasohokaga umuyobozi w’umujyi ntiyari yasubije ibyo bibazo.

Ubusanzwe, Umujyi wa Kigali uri mu baterankunga bakomeye b’umupira w’amaguru mu murwa mukuru.
Uyu mujyi utera inkunga mu buryo butaziguye ikipe ya AS Kigali, ikipe ifitwe n’umujyi, ihabwa hafi miliyoni 257 z’amafaranga y’u Rwanda buri mwaka.
Ariko ingengo y’imari yose iyi kipe ikoresha mu gihembwe kimwe irenga miliyoni 700, iyo hiyongereyeho imishahara y’abakinnyi, ingendo, abatoza n’ibindi bijyanye n’amarushanwa.
Iki cyuho cy’amafaranga cyagiye gituma iyi kipe ihura n’ibibazo by’imari, harimo no gutinda guhemba abakinnyi.
Nubwo AS Kigali ari yo kipe yonyine ifitwe n’Umujyi wa Kigali, umujyi ugira uruhare mu mupira w’amaguru no ku yandi makipe binyuze mu kubafasha kubona ibibuga, ibikoresho ndetse n’inkunga ziziguye ku bikorwa by’umupira w’amaguru binyuranye bikinirwa muri uyu mujyi.
Amakuru ava mu bantu bazi ibiganiro biri kuba kuri iyi ngingo, avuga ko Umujyi wa Kigali uri gusuzuma uko ukoresha amafaranga mu mikino, mu rwego rwo kugabanya cyangwa guhindura imikoreshereze y’ingengo y’imari.
Hari abasesenguzi bavuga ko igitekerezo cyo guhuza aya makipe gishobora kuba uburyo bwo kugabanya buhoro buhoro amafaranga umujyi ushyira mu mupira w’amaguru, bitabaye ngombwa ko utangaza ko uvuye burundu mu gutera inkunga ayo makipe.
Perezida akaba n’uwashinze Gasogi United, Charles Kakooza, yanze kugira byinshi avuga kuri icyo gitekerezo, ariko ashimangira ko ikipe ye idashobora guhatirwa kwifatanya n’andi.
Ati: “Gasogi United ni ikigo cyanditswe mu buryo bwemewe n’amategeko. Nta muntu ushobora kugihatira kwifatanya n’indi kipe cyangwa kugisesa.”
Ku ruhande rw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, Rwanda Football Federation, FERWAFA, Perezida waryo Fabrice Shema yavuze ko yumvise ayo makuru ariko ko bitari mu nshingano z’iri shyirahamwe.
Ati: “Nabyumvise, ariko ntibiri mu bubasha bwanjye ngo mbigiremo uruhare. Nubwo bimeze bityo, byaba bibabaje kuko bishobora kudindiza iterambere rya siporo.”
Aho iki kibazo gikomerera kurushaho, ni uko hari amasezerano y’ubufatanye mu bucuruzi amwe mu makipe akivugwamo yamaze gusinya.
Nk’urugero, Kiyovu Sports iherutse gusinya amasezerano y’igihe kirekire n’ikompanyi yo muri Tanzania yitwa Jayrutty Investment East Africa Ltd, ikora ibikorwa bitandukanye birimo ibinyobwa, ubwubatsi, ubwikorezi bw’imizigo, gukora amasabune no gukwirakwiza ibikoresho bya siporo.
Iyi kompanyi imaze kwagura ibikorwa byayo mu bijyanye n’ibikoresho bya siporo muri Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati.
Mu Rwanda kandi yasinyanye amasezerano akomeye na Rayon Sports afite agaciro kagera kuri miliyoni 3.5 z’amadolari ya Amerika azashyira mu bikorwa byinshi by’imikino.
Amakuru avuga ko Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’imyaka 10 n’iyi kompanyi yo gutanga imyambaro ya siporo n’ibikoresho by’ikipe.
Aya masezerano azatangira afite agaciro ka miliyoni 500 z’amadolari ku mwaka, bikazagera hafi kuri miliyoni 700 z’amadolari ku mwaka mu myaka ya nyuma y’amasezerano.
Aya masezerano anateganya ko mu gihe Kiyovu yasohoka muri ayo masezerano mbere y’uko arangira, igomba kwishyura amafaranga asigaye yose mu masezerano, hagakurwaho gusa 10%.
Ibi bishobora guteza igihombo kinini mu gihe ikipe yahuzwa n’indi cyangwa igaseswa.
Ku ruhande rwa Gasogi United, nayo yasinyanye amasezerano n’iyi kompanyi afite agaciro karenga miliyari 1.45 z’amafaranga y’u Rwanda yo gutanga imyambaro n’ibikoresho bya siporo mu myaka itandukanye.
Abasesenguzi ba siporo bavuga ko no ku rwego rw’amategeko ya ruhago iki gitekerezo gifite imbogamizi zikomeye.
Mu mabwiriza asanzwe agenga umupira w’amaguru, gusesa amakipe asanzwe no gushinga ikipe nshya ntibihita biha iyo kipe nshya umwanya muri Rwanda Premier League.
Ahubwo iyo kipe ishobora gusabwa gutangirira mu byiciro byo hasi, nko mu cyiciro cya gatatu, igakomeza izamuka buhoro buhoro.
Ibi byanatuma amasezerano y’abakinnyi, abatoza n’abakozi benshi b’amakipe asanzwe aseswa.
Kugeza ubu, iki gitekerezo kiracyari mu rwego rw’ibiganiro gusa cyatangiye guteza impaka zikomeye mu muryango w’umupira w’amaguru mu Rwanda ku bijyanye n’uko amakipe yo mu murwa mukuru ashobora kuzabona inkunga ihamye mu gihe kiri imbere.

