Trump Ati: “Turava Muri Irani Bidatinze”

Umwanditsi wa Taarifa
3 Min Read

Donald Trump yavuze ko igikorwa cya gisirikare cya Amerika muri Irani gishobora kurangira mu byumweru bibiri cyangwa bitatu.

Yongeyeho ko Amerika izava muri icyo gikorwa “haba habonetse amasezerano cyangwa atabonetse,” ikazabikora yizeye neza ko ubutegetsi bwa Irani butazashobora gukora intwaro za kirimbuzi mu myaka iri imbere.

Perezida wa Irani, Masoud Pezeshkian, yavuze ko Tehran ifite “ubushake bukenewe” bwo guhagarika intambara, mu gihe abanzi bayo bazatanga icyizere ko itazongera kugabwaho igitero itunguwe.

Bimaze kuba kabiri Irani iraswaho mu gihe yabaga iri mu biganiro na Amerika, iyo ikaba impamvu iyitera kudapfa kwizera ibyo Amerika iyisezeranya.

Ibiciro bya peteroli byongeye kugabanuka munsi ya $100 (angana na £75) ku kigero kimwe, nyuma y’amagambo yavuzwe n’Abaperezida ba Amerika na Irani.

Hagati aho, Ubushinwa na Pakistan bari gutegura umugambi w’ingingo eshanu wo guhagarika intambara.

Uwo mugambi urimo guhagarika imirwano ako kanya no kongera gufungura umuhora wa Hormuz, gusa haracyibazwa impamvu Ubushinwa buri kwinjira muri ibi bibazo.

Ibitero hagati ya Israel na Irani birakomeje.

Irani iri no kugaba ibitero ku bihugu byo mu karere ka Gulf bisanzwe ari incuti ya Amerika.

Nk’ubu igitero cya drone cyateje inkongi ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kuwait; ubwato butwara peteroli bwagabweho igitero hafi y’inyanja ya Qatar; naho Saudi Arabia na Bahrain na byo byatangaje ko byagabweho ibitero.

Abantu barenga 1000 bamaze kugwa muri iyi ntambara, benshi muri bo bakaba bari muri Irani na Lebanon.

Umuvugizi w’umutwe w’Aba-Houthi ushyigikiwe na Irani yatangaje ko bagabye igitero cya gatatu kuri Isiraheli.

Uyu mutwe ukorera muri Yemen warashe misile ugamije “intego zikomeye z’umwanzi: Isiraheli” mu Majyepfo y’igihugu, nk’uko Yahya Sarea yabitangaje mu mashusho yatangajwe na Reuters.

Yongeyeho ko icyo gikorwa cyakozwe ku bufatanye na Irani na Hezbollah.

Uyu mutwe winjiye mu ntambara mu mpera z’icyumweru gishize utangira kurasa ku Isiraheli.

Mu gihe Irani na Isiraheli bikomeje kurasana, ibihugu byo mu Karere ka Gulf bikomeje kwibasirwa:

Leta zinyuze z’Abarabu: Umugabo ukomoka muri Bangladesh yapfuye nyuma y’uko ibisigazwa bya drone yarashwe biguye ku murima mu gace ka Fujairah

Qatar: Ubwato butwara peteroli bwagabweho ibitero bibiri hafi y’inyanja, nk’uko byatangajwe n’ikigo cyitwa UK Maritime Trade Operations.

Bahrain: Haravugijwe impanda ngo abaturage bahunge, nyuma y’inkongi yadutse mu kigo cy’isosiyete bitewe n’igitero cyitiriwe Irani.

Saudi Arabia: Minisiteri y’ingabo yatangaje ko yarashe ikanahanura drones ebyiri muri iki gitondo nou ijoro ryakeye.

Kuwait: Ibigega bya peteroli ku kibuga cy’indege mpuzamahanga byagabweho ibitero bya drones, bituma habaho inkongi ikomeye n’ibyangiritse byinshi, nubwo nta bapfuye.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *