Museveni Yahaye Imbabazi Anitha Among

Umwanditsi wa Taarifa
2 Min Read

Among wahoze uyobora Inteko ishinga amategeko ya Uganda akaba yari aherutse gukurikiranwaho kwigwizaho umutungo akaba akaba yari afungiwe iwe, yashimiye Perezida Museveni na Muhoozi bamuhaye imbabazi.

Kuri X, Anitha Among yanditse ati: “Ndashimira kandi Umugaba Mukuru w’Ingabo, Gen. Muhoozi Kainerugaba, ku bunyamwuga yagaragaje muri iki gihe…Niteguye gukomeza gukorera abaturage no gukomeza gushyigikira byimazeyo ubuyobozi bwacu.”

Ubu butumwa bwa Among bwaje nyuma y’umunsi umwe gusa Gen. Muhoozi atangaje ku mugaragaro, ku wa 25 Kanama 2026, ko Perezida Yoweri Museveni(akaba na Se) yamutegetse gukuraho ibihano byari byarashyizwe ku bwisanzure bw’ingendo bw’uwahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko.

Gen. Muhoozi yanditse ku rubuga X ati: “Mzee (Perezida Museveni) yantegetse kandi kurekura AAA wari ufungishijwe iwe mu rugo. Ibyo na byo turabikora. Ntabwo tuzakurikirana AAA mu nkiko. Yakoze amakosa, ariko Mzee yafashe icyemezo cyo kumubabarira.”

Imbabazi za Perezida Museveni zisoje mu buryo butunguranye igihe kirenga iminsi 100 uwahoze ayobora Inteko Ishinga Amategeko yari amaze abuzwa kwisanzura mu ngendo.

Among yari amaze igihe afungiwe iwe mu rugo rwe ruherereye i Nakasero, mu murwa mukuru Kampala, kuva hagati muri Gicurasi 2026, ubwo inzego z’umutekano zahurizaga hamwe ibikorwa byo gusaka imitungo ye mu rwego rw’iperereza ku byaha bitandukanye bya ruswa.

Iri perereza ryari ryategetswe na Perezida Museveni, rikaba ryaribandaga ku birego birimo ruswa, gukoresha nabi ububasha bw’akazi ndetse no kwigwizaho umutungo mu buryo butemewe n’amategeko.

Nubwo iki cyemezo gisa n’icyafunze burundu inzira yo gukomeza gukurikirana Anitha Among mu nkiko, bamwe mu bakozi b’Inteko Ishinga Amategeko n’abandi bantu bafitanye isano n’iki kibazo bari bafashwe mu iperereza ryagutse, baracyari mu nkiko.

Bari gukurikiranwa ku birego birimo gutuma Leta ihomba amafaranga n’inyezandonke ku mafaranga babonye mu buryo butemewe.

Amakuru avuga ko nyuma y’itegeko rya Perezida Museveni, abasirikare bo mu mutwe w’ingabo zidasanzwe, uzwi nka Special Forces Command (SFC), bari bashinzwe kurinda no kugenzura urugo rwa Among basubiye mu bigo byabo.

Daily Monitor yanditse ko ubu Anitha Among ari kwidegembya, akaba yongeye kuba Umudepite w’umugore uhagarariye Bukedea.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *