Guverinoma Ya Nepal Yigomwe Umushahara Ngo Uzatabare Abazahajwe N’Ibiza

Umwanditsi wa Taarifa
3 Min Read

Abaminisitiri ba Nepal bemeye gutanga umushahara wabo w’ukwezi kumwe mu Kigega cy’Ubutabazi cyashyizweho na Minisitiri w’Intebe, mu rwego rwo gufasha abahuye n’ingaruka z’imyuzure yahitanye abantu 489 bamaze kubarurwa mu minsi itatu ishize.

Mu itangazo ry’ibiro bya Minisitiri w’Intebe n’Inama y’Abaminisitiri, hatangajwe ko iki cyemezo cyafashwe mu nama y’Abaminisitiri yabaye kuri uyu wa Kane italiki 27, Kanama(8) 2026.

Ibi biro byongeyeho ko Inama y’Abaminisitiri yategetse Minisiteri y’Imari gutegura gahunda y’ubufasha no gusana ibyangijwe, igenewe abantu n’ibikorwa by’ubucuruzi byibasiwe n’imyuzure yabereye mu gace gahana imbibi n’u Bushinwa, cyane cyane hafi y’ahitwa Rasuwagadhi, mu kibaya cy’uruzi rwa Bhotekoshi ndetse n’ahandi hamanuka amazi y’uruzi.

Abayobozi muri Nepal batangaje ko umubare w’abantu bamaze guhitanwa n’imyuzure itunguranye wageze kuri 489, nyuma y’amasaha arenga 48 yakurikiye imyuzure ikomeye yibasiye agace k’imisozi ya Himalaya kari ku mupaka.

Umukozi w’umuryango utanga ubutabazi yabwiye BBC ko muri Nepal ibintu byazuyeml “akajagari”, ariko ko akomeje kugira icyizere ko bamwe mu bantu bakomeje kubura bashobora kuboneka ari bazima.

Guverinoma ya Nepal yashyize ahagaragara amazina y’abanyamahanga 500 baburiwe irengero, barimo 178 baturuka mu Buhinde, 65 bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na 33 bo mu Bwongereza.

Mu gace ka Tibet mu Bushinwa, ibitangazamakuru bya Leta byatangaje ko abantu batanu bapfuye, mu gihe abarenga 558 bakomeje kubura.

Kugeza ubu ntiharamenyekana niba iyi mibare mishya yaba irimo abantu bamaze kubarwa mu mibare yatangajwe na Nepal.

Hagati aho, abategetsi b’u Bushinwa bongeye gutangiza ibikorwa byo gushakisha no gutabara hafi y’umupaka wa Nepal na Tibet.

Ibyo bikorwa byari byahagaritswe kubera impungenge z’uko ikiyaga gishya cyari cyaremwe n’amazi menshi gishobora kurenga inkombe zacyo, bigateza indi myuzure ikomeye.

Buri mwaka, ibihumbi by’abakerarugendo basura aka gace.

BBC yavuganye na bamwe mu miryango ifite ababo baburiwe irengero.

Bakuru b’abakobwa babiri bafite ababyeyi baburiwe irengero bavuze bati: “Turabakunda cyane kandi icyo dushaka ni uko bagaruka mu rugo.”

Abayobozi bo muri ako gace babwiye BBC ko isenyuka ry’igice kinini cy’urubura rwo ku misozi (glacier) ari ryo ryateje uwo mwuzure ukomeye.

Amazi menshi yaje afite umuvuduko mwinshi atwara inzu n’imihanda, ndetse asenya umupaka w’ingenzi uhuza Nepal na Tibet.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *