Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abacururiza i Rusizi Biyemeje Kutazongera Kujyana Ibicuruzwa Muri DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abacururiza i Rusizi Biyemeje Kutazongera Kujyana Ibicuruzwa Muri DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 December 2022 8:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abacuruzi bari basanzwe bajyana ibicuruzwa muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo barahiye ko batazabisubiza yo. Bavuga ko iyo bagezeyo abaturage ba DRC babita ibihwinini ngo ni ibiwerewere.

Umwe mu bagore basanzwe bacururiza i Rusizi yabwiye mugenzi wacu wa RBA uhakorera yo ko we na bagenzi barangije kwanzura ko batazongera guterura ibicuruzwa ngo babijyanye muri DRC.

Avuga ko kubibashyira ari byo bikurura ‘agasuzuguro’.

Ati: “ Baradusuzugura, batwita ibiwerewere. Abakongomani bazaze mu Rwanda kubishaka,  ntawe uzasubirayo.”

We na bagenzi be barangije kwandika ibaruwa mu Gifaransa bamenyesha abaturage bo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo ko batazongera kubazanira ibicuruzwa.

Umwe mu baturage bo muri DRC avuga ko we na bagenzi be bataza mu Rwanda kubera ko Abanyarwanda babibashyiraga yo.

Ku rundi ruhande ariko avuga ko Abanyarwanda nibakomera kuri uwo mwanzuro wabo n’abaturage ba  DRC nabo bakabigenza gutyo, ibintu bizakomera ku ruhande rwa DRC.

Avuga ko ibiribwa byinshi abaturage ba DRC baturanye n’u Rwanda batunganyaga, byavaga mu Rwanda.

Ati: “  Abayobozi barebe uko babijyamo ikibazo gikemuke neza kuko nitwe twahakubitikira.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buvuga ko bushyigikiye icyemezo cy’abacuruzi b’aho kubera ko ari umwanzuro wabo.

Umuyobozo w’ako witwa Dr. Anaclet Kibiriga avuga ko bishimiye umwanzuro wa bariya bacuruzi kandi ngo bazabafasha kubona aho babika ibicuruzwa byabo bishobora kwangirika.

Ati: “ Biratuma bajya mu masoko twabubakiye bashobore kuyakoreramo kandi tuzabashakira uburyo bwo kubika neza ibicuruzwa byabo bishobora kubora kugira ngo bibungabungwe.”

Ubwo ingamba zo kwirinda COVID-19 zoroshwaga abacuruzi bambuka imipaka bakoroherezwa, abo mu Rwanda batangiye kujya bashyira ibicuruzwa abaturage bo muri DRC.

Byatumye abo muri iki gihugu bamenyera ko Abanyarwanda bazajya babazanira ibicuruzwa.

Ibyo ubwabyo ngo ntacyo byari bitwaye Abanyarwanda ariko baje kurakazwa n’uko muri iki gihe iyo babigejejeho basugurwa bakitwa ko nta bwenge bagira.

Repubulika ya Demukarasi ya Congo nicyo gihugu cy’Afurika u Rwanda rwoherereza imbuto n’imboga byinsi kurusha ibindi nk’uko imibare y’ikigo cy’igihugu gishinzwe kohereza hanze ibikomoka ku buhinzi, NAEB, isohoka buri Cyumweru ibigaragaza.

Data of #Rwanda-n horticultural (fruits, vegetables & flowers) exports for last week: (Dec, 9-16)
➡️ Export volumes: 372.5MT
➡️ Export revenues: USD997,227
➡️ Main countries of destination: Dubai, DRC, The Netherlands, the UK, S. Korea, and Vietnam.#Rwandafresh pic.twitter.com/hzo5a995b3

— Rwanda Horticulture Brand (@Rwandafresh) December 19, 2022

TAGGED:AbacuruziAbanyarwandaAfurikaCongoDRCImbogaRusizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abafana Bati: ‘Ibya Rayon Sports Birayoberanye’
Next Article RDF: Umutwe Udasanzwe Warangije Imyitozo Ya Gikomando i Nasho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?