Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abacuruzi Bashyiriweho Uburyo ‘Bwihariye’ Bwo Gukoresha Irembo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Abacuruzi Bashyiriweho Uburyo ‘Bwihariye’ Bwo Gukoresha Irembo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 June 2025 3:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Irembo ni uburyo bwa Leta bwo kugeza serivisi ku baturage bakoresheje ikoranabuhanga.
SHARE

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere, RDB, ku bufatanye na IREMBO  babwiye abacuruzi ko bashyiriweho uburyo bwo gusora, kwandikisha ubucuruzi n’ibindi bakenera, bakabikora binyuze mu kigo One Stop Center gishamikiye kuri RDB.

Jean-Guy Afrika uyobora RDB avuga ko intego y’iyi mikorere ari uguha abacuruzi uburyo buboneye bwo gukorana na Leta mu kwishyura imisoro cyangwa gukora ibindi basabwa, bakabikoresha ikoranabuhanga.

Yabwiye abitabiriye iyo nama yahuje abacuruzi bakomeye n’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi yitwa CEO FORUM ko batumijwe ngo baganire na RDB ku byanozwa mu mikoranire, buri ruhande rumenye icyo urundi rwifuza.

Avuga kandi ko iyo mikoranire ije hashize igihe gito Leta ishyizeho imisoro ivuguruye.

Jean-Guy Afrika uyobora RDB

Ati: “Duhuye hashize igihe gito Guverinoma itangije imisoro ivuguruye, bikaba bije mu gihe u Rwanda rukomeje gushyira gahunda zose mu ikoranabuhanga”.

Umuyobozi ushinzwe ishami ry’imisoro muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi Abel Ndagano avuga ko u Rwanda rufite icyerekezo cyo kwigira mu rwego rw’ubukungu.

Avuga ko hari ibintu byari byarasonewe imisoro cyane cyane iby’ikoranabuhanga ariko ubu bigomba gusora.

Ndagano kandi yavuze ko hari imisoro ku modoka zidakoresha amashanyarazi n’undi ureba imikino y’amahirwe n’indi.

Ikindi ni uko ishyirwa mu bikorwa ry’ibyo byose rizakorwa mu byiciro.

Umunyemari Denis Karera yongeye gusaba RDB n’abandi bakorana nayo kunoza iyo mikorere kugira ngo n’abashaka ibyangombwa by’ubutaka n’ibindi babibonr byihutishijwe ntibikomeze gufata iminsi.

Ati: ” Hari ubwo dushaka icyangombwa bakatubwira ngo ababishinzwe bagiye kuri terrain. Bikwiye guhuzwa ntibikomeze gufata igihe kirekire”.

Umuyobozi wa RDB yasubije ko ‘koko’ hari icyo kibazo ariko ko byose biri kunozwa, gusa akemeza ko hari icyakozwe mu guhuza byinshi ngo gahunda zose zishyirwe muri One Stop Center kandi mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Afrika ati: ” Ibyo biri mu by’ibanze ikigo nyoboye kiri gukora ariko nababwira ko bitoroshye kuko gushyira ibyo byose hamwe kandi bigakorwa mu buryo bw’ikoranabuhanga ari umukoro usaba igihe”.

Ikindi RDB ivuga, ni uko iri hafi gushyiraho ikoranabuhanga rizafasha mu gusubiza vuba kandi neza abayigana barimo n’abacuruzi, binyuze mu buryo bwose baba bakoresheje.

Icyo umunyemari azasaba cyose akoresheje emails, WhatsApp cyangwa ubundi buryo azajya asubizwa vuba nk’uko Afrika abyemeza.

Abel Ndagano wo muri MINECOFIN yibukije abacuruzi ko imisoro ishyirwaho ariko Politiki yo kuyishyuza igashyirwa mu bikorwa gahoro gahoro.

Nyuma y’Inama y’Abaminisitiri yemerejwemo iby’imisoro ivuguruwe yateranye muri Gashyantare, 2025 yemerejwemo imisoro Abel Ndagano yagarutseho, Minisitiri w’imari n’igenamigambi Yusuf Murangwa yabwiye itangazamakuru ko abikorera ku giti cyabo n’abandi bazasobanurirwa ibyayo gahoro gahoro.

Intego yayo, nk’uko Murangwa yabivuze, ni ukugira ngo u Rwanda rwihaze mu mari rukeneye ngo rushyire mu bikorwa imishinga yarwo rutarambirije ku nkunga z’abandi.

Guverinoma y’u Rwanda ishaka ko amafaranga yo gushora mu cyiciro cya kabiri cya gahunda y’iterambere rirambye azava mu mafaranga y’abarutuye.

Iyo gahunda bayita National Strategies for Transformation 2, NST 2.

Abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bitabiriye iyi nama
TAGGED:AfrikafeaturedIkoranabuhangaImisoroIremboRDBUbucuruziUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Na Israel Mu Biganiro By’Amahoro Na Iran Nyuma Yo Kuyishegesha
Next Article Ibyo Guhagarika Intambara Hagati Ya Israel Na Iran Byapfubye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?