Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abafana Bahagaritswe Ku Bibuga, Amakipe Yose Ategekwa Kwikingiza COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Abafana Bahagaritswe Ku Bibuga, Amakipe Yose Ategekwa Kwikingiza COVID-19

Last updated: 19 December 2021 1:42 pm
Share
SHARE

Minisiteri ya Siporo yatangaje ko amarushanwa mu mikino itandukanye mu Rwanda azakomeza bijyanye n’amabwiriza mashya yo kwirinda ikwirakwira ry’ubwandu bwa COVID-19, ariko abafana ntibemerewe kujya ku bibuga ndetse abagize amakipe bose bagomba kuba barakingiwe byuzuye.

Ni amabwiriza yatangajwe kuri uyu wa Gatandatu hashingiwe ku itangazo ry’Ibiro bya Ministiri w’Intebe ryo ku wa 17 Ukuboza 2021.

Avuga ko guhera ku wa 20 Ukuboza 2021, imyitozo y’amakipe ndetse n’amarushanwa bigengwa n’ingaga za siporo, ndetse n’ibikorwa by’imyitozo yigisha abakiri bato bitegurwa n’ingaga, bizakomeza.

Akomeza ati “Muri ibyo bikorwa nta bafana bemerewe kwinjira aho bibera.”

Itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri Munyangaju Aurore Mimosa rivuga ko “abagize ikipe bose bagomba kuba barakingiwe COVID-19 mu buryo bwuzuye uretse abari munsi y’imyaka 18, kandi berekanye ko bipimishije COVID-19 mu gihe cy’amasaha 24 mbere yo kwitabira imyitozo cyangwa amarushanwa.”

Akomeza ati “Nta muntu wemerewe kwinjira ahabera imyitozo cyangwa umukino keretse abakinnyi, abatoza, abayobora imikino, n’ababahagarariye.”

Ahabera imyitozo n’amarushanwa hagomba gushyirwaho ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

Amakipe y’Igihugu na Clubs ari mu mwiherero yitegura imikino mpuzamahanga yemerewe gukora imyitozo yayo, ikabera mu muhezo.

Ibikorwa by’imyitozo n’imikino y’amatsinda atarabigize umwuga byabaye bihagaritswe kugeza igihe hazatangarizwa andi mabwiriza.

Abitabira ibyo bikorwa kandi basabwe kwambara neza agapfukamunwa mbere na nyuma y’imyitozo.

Mu gihe cy’imyitozo idasaba ingufu nyinshi nabwo ni ngombwa kwambara neza agapfukamunwa; kwitwaza imiti yo gusukura intoki mu gihe cyo gukora siporo no kuyikoresha igihe cyose bibaye ngombwa no kwitwararika mu kubahiriza intera ya metero 2 hagati y’abakora siporo n’imyitozo.

Abantu bagaragaza ibimenyetso birimo inkorora, ibicurane no kwitsamura, umuriro no kuribwa umutwe ntibemerewe gukorera imyitozo ngororamubiri mu ruhame, ahubwo bagomba kwegera inzego z’ubuzima.

Uturere dufite sitade zishobora kwifashishwa abaturage bakora siporo zo hanze ku bantu ku giti cyabo bategeranye, twasabwe gushyiraho uburyo bwo kuborohereza kuyihakorera, tugena amasaha bemerewe kuyihakorera ndetse tugakurikirana ko ingamba zose zo kwirinda COVID-19 zubahirizwa.

TAGGED:COVID-19featuredImikinoMunyangaju Aurore Mimosa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakuru b’Ibihugu Bya EAC Bagiye Gufata Icyemezo Ku Busabe Bwa RDC
Next Article Hakozwe ‘Umuti’ Wongerera Abantu Ubudahangarwa Kuri COVID
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

APR FC Yongeye Gutesha Rayon Igikombe Na Miliyoni Nyinshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?