Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Abagabo B’i Gisagara’ Baratabaza Kubera Abagore Babajujubije
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

‘Abagabo B’i Gisagara’ Baratabaza Kubera Abagore Babajujubije

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 August 2022 10:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Gisagara hari abagabo batangiye kugana inzu z’ubujyanama mu by’umubano n’iby’ubuzima bwo mu mutwe ngo bagirwe inama z’uko bakwitwara ku bagore babo babajujubije.

Mu rwego rwo kubafasha, ubu hubatswe inzu zitwa ‘Safe Houses’ zigamije kubafasha kumenya uko bahangana n’ihohoterwa bavuga ko bakorerwa n’aho bashakanye.

Mu Murenge wa Muganza hari imwe no Murenge wa Gishubi hari indi.

Mbere zubakiwe abakobwa n’abagore ariko muri iki gihe n’abagabo barazigana ngo bafashwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kugeza ubu izo nzu zimaze kuba ebyiri, imwe iri mu Murenge wa Muganza indi iri mu wa Gishubi. Zombi zubatswe zigenewe kwakira abakobwa n’abagore bahohotewe ariko n’abagabo batangiye kuzigana.

IGIHE yanditse ko abantu 124 bamaze kugana inzu nk’iriya yubatswe mu Murenge wa Gishubi, muri bo abagabo bakaba ari batanu.

Iyo mu Murenge wa Muganza yo imaze kuganwa n’abantu 80 barimo abagabo bane.

Bamwe mu bagabo bagiye gushaka ubufasha butangirwa muri ziriya nzu, bavuga ko bakubiswe n’abagore babo.

Hari n’abavuga ko bajujubijwe n’abagore babo kubera ubusinzi bwabokamye.

- Advertisement -

Muri aba bagabo kandi hari abavuga ko bafashe abagore babo babaca inyuma banga kugira icyo babatwara ahubwo bahitamo kujya kugisha inama.

Kubera ko muri izo nzu nta mujyanama wihariye wagenewe gufasha abagabo bahohotewe, iyo bahageze barabaganiriza bakumva ibibazo byabo ubundi bakabajyana mu Midugudu aho baturutse ibibazo byabo bigakemurwa n’Inshuti z’Umuryango k’ubufatanye na Komite y’Umudugudu.

Hari ubwo abagabo bahohoterwa bikabarenga bagafata umwanzuro wo kwiyahura, kwica abagore babo cyangwa guta urugo bakajya gushakira amahoro ahandi.

Ukora mu burenganzira bwa muntu ati: “ Imiryango yegerwe iganirizwe…”

Evariste Murwanashyaka ukora mu Mpuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, CLADHO, yabwiye Taarifa ko nabo bazi ko abagabo bahohoterwa ndetse ngo hari n’abicwa.

Ati: “ Tuzi ko abagabo bajya bicwa kandi baranahohoterwa muri rusange kandi akenshi ibi ni ibibazo bishingiye ku makimbirane ashingiye ku mitungo cyangwa ibindi biranga umubano mu bashakanye.”

Evariste Murwanashyaka

Ku byerekeye uko ririya hohoterwa ryarwanywa, Murwanashyaka avuga ko iby’abajyanama mu by’ingo bafashamo ababagana ari ibintu byiza ariko bidatanga umusaruro urambye kubera ko ibibazo bibitera biba bishingiye mu ngo.

Kuba biri mu ngo , ngo bigomba gukemurwa n’abashakanye ubwabo binyuze mu kuganirizwa bakumvishwa ko icyo bapfana kiruta icyo bapfa.

Avuga ko inzego z’ibanze zagombye kubarura imiryango ibanye nabi ikegerwa ikaganirizwa.

TAGGED:AbagaboAbagorefeaturedGisagaraIbibazo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugabo Wavuye i Kigali Akicira Ababyeyi Be i Nyamasheke YAFASHWE
Next Article Rwatubyaye Avuga Ko ‘Ashobora’ Gukinira Ikipe Yo Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?