Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Abagabo B’i Gisagara’ Baratabaza Kubera Abagore Babajujubije
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

‘Abagabo B’i Gisagara’ Baratabaza Kubera Abagore Babajujubije

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 August 2022 10:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Gisagara hari abagabo batangiye kugana inzu z’ubujyanama mu by’umubano n’iby’ubuzima bwo mu mutwe ngo bagirwe inama z’uko bakwitwara ku bagore babo babajujubije.

Mu rwego rwo kubafasha, ubu hubatswe inzu zitwa ‘Safe Houses’ zigamije kubafasha kumenya uko bahangana n’ihohoterwa bavuga ko bakorerwa n’aho bashakanye.

Mu Murenge wa Muganza hari imwe no Murenge wa Gishubi hari indi.

Mbere zubakiwe abakobwa n’abagore ariko muri iki gihe n’abagabo barazigana ngo bafashwe.

Kugeza ubu izo nzu zimaze kuba ebyiri, imwe iri mu Murenge wa Muganza indi iri mu wa Gishubi. Zombi zubatswe zigenewe kwakira abakobwa n’abagore bahohotewe ariko n’abagabo batangiye kuzigana.

IGIHE yanditse ko abantu 124 bamaze kugana inzu nk’iriya yubatswe mu Murenge wa Gishubi, muri bo abagabo bakaba ari batanu.

Iyo mu Murenge wa Muganza yo imaze kuganwa n’abantu 80 barimo abagabo bane.

Bamwe mu bagabo bagiye gushaka ubufasha butangirwa muri ziriya nzu, bavuga ko bakubiswe n’abagore babo.

Hari n’abavuga ko bajujubijwe n’abagore babo kubera ubusinzi bwabokamye.

Muri aba bagabo kandi hari abavuga ko bafashe abagore babo babaca inyuma banga kugira icyo babatwara ahubwo bahitamo kujya kugisha inama.

Kubera ko muri izo nzu nta mujyanama wihariye wagenewe gufasha abagabo bahohotewe, iyo bahageze barabaganiriza bakumva ibibazo byabo ubundi bakabajyana mu Midugudu aho baturutse ibibazo byabo bigakemurwa n’Inshuti z’Umuryango k’ubufatanye na Komite y’Umudugudu.

Hari ubwo abagabo bahohoterwa bikabarenga bagafata umwanzuro wo kwiyahura, kwica abagore babo cyangwa guta urugo bakajya gushakira amahoro ahandi.

Ukora mu burenganzira bwa muntu ati: “ Imiryango yegerwe iganirizwe…”

Evariste Murwanashyaka ukora mu Mpuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, CLADHO, yabwiye Taarifa ko nabo bazi ko abagabo bahohoterwa ndetse ngo hari n’abicwa.

Ati: “ Tuzi ko abagabo bajya bicwa kandi baranahohoterwa muri rusange kandi akenshi ibi ni ibibazo bishingiye ku makimbirane ashingiye ku mitungo cyangwa ibindi biranga umubano mu bashakanye.”

Evariste Murwanashyaka

Ku byerekeye uko ririya hohoterwa ryarwanywa, Murwanashyaka avuga ko iby’abajyanama mu by’ingo bafashamo ababagana ari ibintu byiza ariko bidatanga umusaruro urambye kubera ko ibibazo bibitera biba bishingiye mu ngo.

Kuba biri mu ngo , ngo bigomba gukemurwa n’abashakanye ubwabo binyuze mu kuganirizwa bakumvishwa ko icyo bapfana kiruta icyo bapfa.

Avuga ko inzego z’ibanze zagombye kubarura imiryango ibanye nabi ikegerwa ikaganirizwa.

TAGGED:AbagaboAbagorefeaturedGisagaraIbibazo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugabo Wavuye i Kigali Akicira Ababyeyi Be i Nyamasheke YAFASHWE
Next Article Rwatubyaye Avuga Ko ‘Ashobora’ Gukinira Ikipe Yo Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?