Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 100,000 Nibo Bazasezera Umurambo Wa Papa Benedigito XVI
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abantu 100,000 Nibo Bazasezera Umurambo Wa Papa Benedigito XVI

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 January 2023 1:51 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umurambo wa Papa Benedigito XVI washyizwe muri Bazilika ya Mutagatifu Petero iri i Vatican kugira ngo Abakirisitu bamusezereho bwa nyuma mbere y’uko ashyingurwa.

Bivugwa ko abantu 100,000 ari bo bazamusezeraho.

Papa Benedigito XVI yavutse yitwa Joseph Ratzinger, avukira mu Budage ahitwa  Marktl.

Abantu bazasezera ku murambo we kugeza ku wa Gatatu taliki 04, Mutarama, 2023 ashyingurwe bucyeye bw’aho ku wa Kane taliki 05, Mutarama, 2022.

Kumushyingura bizaba bihagarariwe na Papa Francis ubwe.

Benedigito akiriho yasabye i Vatican ko kumushyingura bigomba kuzaba ibintu bikozwe mu buryo butarimo gukabya

Yatorewe kuba Umushumba wa Kiliziya Gatulika mu mwaka wa 2005.

Uretse abayobozi muri Guverinoma y’u Butaliyani ndetse n’itsinda rito rizava mu Budage aho akomoka, nta bandi bantu yifuje ko bazaza mu kumushyingura.

Yashakaga  ko ibintu bikorwa mu bwiyoroshye.

Abantu 25,000 nibo bazaba bashinzwe umutekano muri uriya muhango.

Kuri uyu wa Gatandatu nibwo Umuvugizi wa Vatican yatangaje ko Papa Benedigito XVI yapfuye.

Itangazo ryo mu Biro bya Papa ryavugaga ko Papa Benedigito XVI yaguye muri mositeri yabagamo.

Yari amaze iminsi arwaye arembye.

Joseph Ratzinger ( niwe Papa Benedigito XVI) yari afite imyaka 95 y’amavuko.

Mu minsi ishize, Papa Francis yari yasabye abayoboke ba Kiliziya gatulika bose gusengera umukambwe  Papa Benedigito XVI.

Yagize ati: “ Ndabasaba ko  mwese abizera ko musengera Papa Umunyacyubahiro Benedigito XVI kuko ararwaye cyane.”

Nawe yasabye Imana ko yakomeza kwita kuri Papa Benedigito XVI.

Umuvugizi wa Vatican witwa Matteo Bruni icyo gihe  yavuze ko ubuzima bwa Papa Benedigito XVI bugeze aharenga.

Nyakwigendera Papa Benedigito XVI  mu mwaka wa 2013 yatangaje isi yose ubwo yavugaga ko yeguye ku bushumba bwa Kiliziya kuko ngo yumvaga nta mbaraga afite kubera gusaza.

Undi Papa waherukaga kwegura mbere ye yitwaga Gregory XII weguye mu mwaka wa 1415.

Hagati aho kandi na Papa Francis nawe aherutse guca amarenga ko ashobora kuzegura ubuzima bwe niburamuka bukomeje kumutenguha.

Abihayimana baje ari benshi gusezera kuri Papa Benedigito XVI
Aho aruhukiye
TAGGED:PapaUmuramboVatican
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo Za DRC Ziravugwaho Gukoresha Abacanshuro ‘B’Abazungu’
Next Article Bemeje Ko Imirambo Y’Abantu Izaba Ifumbire
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?