Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 413 Bamaze Kugwa Mu Ntambara Ya Sudani
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abantu 413 Bamaze Kugwa Mu Ntambara Ya Sudani

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 April 2023 2:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Smoke rises over the city as army and paramilitaries clash in power struggle, in Khartoum, Sudan, April 15, 2023 in this picture obtained from social media. Instagram @lostshmi/via REUTERS THIS IMAGE HAS BEEN SUPPLIED BY A THIRD PARTY. MANDATORY CREDIT
SHARE

Iminsi irindwi irashize muri Sudani hadutse intambara. Imibare ya OMS ivuga ko abantu 413 bamaze kuyigwamo bivuze ko ku munsi hapfaga abantu ‘bagera’ kuri 59.

Abantu 3,500 kandi bayikomerekeye mo.

Ikindi kivugwa ni uko agahenge kari katanzwe ngo abantu bizihize umunsi urangiza igisibo cy’Abisilamu nako kavogerewe bituma imirwano yubura.

Impande zihanganye ni abasirikare ba General  al-Burhan n’abarwanyi ba mugenzi we wari usanzwe umwungirije witwa Gen Dagalo bahimba  Hemedti.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abanyamakuru ba RFI bari i Khartoum bavuga ko n’ubwo ako gahenge kari katanzwe ariko bitabujije ko amasasu akomeza kumvikana.

Ni amasasu yaraswaga n’imbunda ziremereye ndetse ngo na kajugujugu kuzenguruka mu kirere cya Sudani cyane cyane icyo mu murwa mukuru.

Uko intambara imara iminsi ni ko umubare w’impunzi wiyongera.

Hari umuhanga uvuga ko intambara ya Sudani izarushaho kuzahaza abaturage kuko kuva mu mwaka wa 2018 ubwo Omar el Bashir yakurwaga ku butegetsi kugeza ubwo intambara yatangiraga ubuzima bw’abaturage bwari bumeze nabi.

Ibice byiganjemo imirwano ni iby’ahitwa El Fasher mu gice cya Darfour.

- Advertisement -

Ahandi hari imirwano iremereye ni ahitwa Khartoum-Wad Madani.

Hagati aho abanyamahanga bari gutegurirwa uburyo bava muri Khartoum mu rwego rwo kwirinda ko hari abahasiga ubuzima cyangwa bakahakomerekera.

Abamaze gusabwa gutaha iwabo ni abo muri Amerika, mu Bwongereza, mu Buyapani, mu Busuwisi, muri Koreya y’Epfo, Sweden na Espagne.

Abanyarwanda bo basabwe gukomeza kuba bari mu ngo zabo birinda ko hari uwagira aho atarabukira akahahurira n’akaga.

Ibyinshi muri ibi bihugu bisaba abaturage babyo kuba bagiye muri Djibouti, aho bazava bataha iwabo.

Igisirikare cya Sudani cyatangaje ko kizafasha abanyamahanga kugera muri Djibouti.

Iyi mvugo niyo iri kuvugwa n’abasirikare bo ku ruhande rw’abasirikare ba Gen Dagalo.

TAGGED:AbarwanyiAbaturageAgahengefeaturedIntambaraSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Huye: Uwacukuye Icyobo Cyaguyemo Abantu 6 Yarayoberanye
Next Article U Burusiya Bwiyemeje Gufasha DR Congo Kurwanya M23
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?