Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 413 Bamaze Kugwa Mu Ntambara Ya Sudani
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abantu 413 Bamaze Kugwa Mu Ntambara Ya Sudani

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 April 2023 2:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Smoke rises over the city as army and paramilitaries clash in power struggle, in Khartoum, Sudan, April 15, 2023 in this picture obtained from social media. Instagram @lostshmi/via REUTERS THIS IMAGE HAS BEEN SUPPLIED BY A THIRD PARTY. MANDATORY CREDIT
SHARE

Iminsi irindwi irashize muri Sudani hadutse intambara. Imibare ya OMS ivuga ko abantu 413 bamaze kuyigwamo bivuze ko ku munsi hapfaga abantu ‘bagera’ kuri 59.

Abantu 3,500 kandi bayikomerekeye mo.

Ikindi kivugwa ni uko agahenge kari katanzwe ngo abantu bizihize umunsi urangiza igisibo cy’Abisilamu nako kavogerewe bituma imirwano yubura.

Impande zihanganye ni abasirikare ba General  al-Burhan n’abarwanyi ba mugenzi we wari usanzwe umwungirije witwa Gen Dagalo bahimba  Hemedti.

Abanyamakuru ba RFI bari i Khartoum bavuga ko n’ubwo ako gahenge kari katanzwe ariko bitabujije ko amasasu akomeza kumvikana.

Ni amasasu yaraswaga n’imbunda ziremereye ndetse ngo na kajugujugu kuzenguruka mu kirere cya Sudani cyane cyane icyo mu murwa mukuru.

Uko intambara imara iminsi ni ko umubare w’impunzi wiyongera.

Hari umuhanga uvuga ko intambara ya Sudani izarushaho kuzahaza abaturage kuko kuva mu mwaka wa 2018 ubwo Omar el Bashir yakurwaga ku butegetsi kugeza ubwo intambara yatangiraga ubuzima bw’abaturage bwari bumeze nabi.

Ibice byiganjemo imirwano ni iby’ahitwa El Fasher mu gice cya Darfour.

Ahandi hari imirwano iremereye ni ahitwa Khartoum-Wad Madani.

Hagati aho abanyamahanga bari gutegurirwa uburyo bava muri Khartoum mu rwego rwo kwirinda ko hari abahasiga ubuzima cyangwa bakahakomerekera.

Abamaze gusabwa gutaha iwabo ni abo muri Amerika, mu Bwongereza, mu Buyapani, mu Busuwisi, muri Koreya y’Epfo, Sweden na Espagne.

Abanyarwanda bo basabwe gukomeza kuba bari mu ngo zabo birinda ko hari uwagira aho atarabukira akahahurira n’akaga.

Ibyinshi muri ibi bihugu bisaba abaturage babyo kuba bagiye muri Djibouti, aho bazava bataha iwabo.

Igisirikare cya Sudani cyatangaje ko kizafasha abanyamahanga kugera muri Djibouti.

Iyi mvugo niyo iri kuvugwa n’abasirikare bo ku ruhande rw’abasirikare ba Gen Dagalo.

TAGGED:AbarwanyiAbaturageAgahengefeaturedIntambaraSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Huye: Uwacukuye Icyobo Cyaguyemo Abantu 6 Yarayoberanye
Next Article U Burusiya Bwiyemeje Gufasha DR Congo Kurwanya M23
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Umutoza W’Amavubi Yirukanywe

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Amerika Yafashe Ubwato Bibiri Bw’Abarusiya Bwajyaga Muri Venezuela

You Might Also Like

Ubukungu

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Igiciro Cy’Ikawa Y’Ibitumbwe Cyazamutseho 25% Ku Kilo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?