Ubukungu
Abanyarwanda 205 bagiye muri Israel kwiga ubuhinzi
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda Bwana Ron Adam yatangaje ko igihugu cye cyahaye visas Abanyarwanda 205 kugira ngo bajye muri Israel kwiga ubuhinzi bukoresha ikoranabuhanga.
Abahawe ziriya mpushya z’inzira bagomba kumara amezi 11 muri za Kaminuza za Israel biga ubuhinzi.
Zimwe muri Kaminuza zikomeye muri Israel zigisha ikoranabuhanga mu buhinzi ni Hebrew University of Jerusalem na Ben- Gurion University Of the Negev.
Kwigira ubuhinzi muri Israel ni ingenzi kuko iki gihugu gifite ubunararibonye mu kubyaza umusaruro ubutaka bo mu butayu hakoreshejwe amazi make.
Ubutaka bwa Israel bushobora guhingwa mu buryo busanzwe bungana na 20% gusa.
Ikindi gice gisigaye ni ubutayu cyangwa ubutaka bwegereye kuba ubutayu.
N’ubwo ari uko bimeze, muri 2008 ubuhinzi bwa Israel bwatanze umusanzu ungana na 2.8% ku musaruro mbumbe w’igihugu. Icyo gihe 3.8% by’umusaruro wavuye mu buhinzi byoherejwe hanze.
Abaturage ba Israel bahinga bangana na 3.7% ariko nibo batanga ibyo igihugu cyose kirya ku kigero cya 95% ibindi bisigaye igihugu kikabitumiza hanze.
Ibyo gitumiza hanze birimo ibinyampeke, inyama, ikawe,cacao n’isukari.
Abanyarwanda bigiye ubuhinzi muri Israel bafitiye u Rwanda akamaro.
Nyuma yo kurangiza amasomo yabo muri Israel, Abanyarwanda bihurije hamwe bakora icyo nise HoReCo ( Horticulture in Reality Corporation), bagamije kuvugurura imihingire y’imboga.
Abagizi iri huriro bakora ubuhinzi bugezweho bakoresheje kuhira ku buso buto ariko hakera byinshi.
Akarere ka Bugesera ni kamwe mu turere bakoreramo buriya buhinzi.
-
Mu Rwanda3 days ago
Kicukiro:Uwataburuwe Ku 110 000 Frw Yamenyekanye, Nicyo Yazize Twakimenye
-
Mu mahanga1 day ago
Bobi Wine yatoreye i Magere, yari kumwe n’umugore we Itungo
-
Mu Rwanda2 days ago
Rwanda: COVID-19 yishe Padiri , apfuye akurikira Padiri Ubald utarashyingurwa
-
Mu mahanga3 days ago
Burundi: COVID-19 Yafashe Indi Ntera, Perezida Ndayishimiye ‘Yarakaye’
-
Mu Rwanda7 hours ago
Umunyemari Aloys Rusizana yarekuwe
-
Imyidagaduro2 days ago
Kuba Icyamamare Ukubaka Rugakomera Si Ibya Bose, Hari Abo Byananiye Mu Rwanda
-
Imyidagaduro1 day ago
Producer Element Wadukanye ‘Eleeeh’ Muri Buri Ndirimbo Akoze Ni Muntu Ki?
-
Mu Rwanda2 days ago
RDF Irakomeza Akazi Muri CAR N’ubwo Yatakaje Umusirikare