Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda Bafite Hagati Y’Imyaka 40 Na 50 Bariyongera Mu Kurwara Impyiko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Abanyarwanda Bafite Hagati Y’Imyaka 40 Na 50 Bariyongera Mu Kurwara Impyiko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 March 2024 9:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni ibyemezwa n’ishami rya RBC rishinzwe indwara zirimo n’izifata impyiko. Igihangayikishije RBC ni uko abo abantu batinda kuzisuzumisha bikazabagiraho ingaruka mu gihe kiri imbere.

Izo ngaruka zirimo n’urupfu.

Imibare y’iki kigo ivuga ko Abanyarwanda bangana na 10% barwaye impyiko ku buryo bukomeye akenshi bigaterwa ni uko abantu banywa inzoga nyinshi, ibintu bikize ku masukari n’amavuta ntibanywe amazi ahagije.

RBC iherutse gutangaza ko ikibabaje kandi ari uko imibare y’abarwara impyiko yiyongera mu bakiri bato bigatuma igihugu kigira umubare munini n’abantu bazaremba kubera iyi ndwara mu gihe kiri imbere ku rwego rwo hejuru cyane.

Umuyobozi w’ishami rishinzwe kuvura impyiko witwa Dr. Jean Pierre Niyonsenga yabisobanuye agira ati: “Iki ni ikibazo gikomeye kubera ko biri kuba mu bakiri bato kandi byari bisanzwe biba ku bantu bakuru bafite imyaka 70 y’amavuko kuzamura”.

Dr. Jean Pierre Niyonsenga

Kugeza ubu abantu barwaye impyiko ku rwego rwo hejuru mu Rwanda hose  ni 1000.

Dr. Nyenyeri Lieve Darlene uvura impyiko mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal asaba abantu kwirinda uburwayi bw’impyiko kuko kuzivura bihenze.

Atanga urugero rw’uko iyo bibaye ngombwa ko runaka ayungururwa amaraso bimusaba kwishyura Frw 150,000 kandi bigakorwa mu masaha ane gusa.

Aba agomba gukoresha iki gikorwa gatatu mu Cyumweru.

Dr. Nyenyeri avuga ko igikenewe kurusha ibindi ari ubukangurambaga kugira ngo umuturage amenye ko uburwayi bw’impyiko buri mu bibazo bihari no kurandura imyumvire y’abanga gutanga impyiko batinya ingaruka.

Dr. Nyenyeri Lieve Darlene

Yagize ati: “ Hari nk’aho usanga imyumvire ngo umwana w’umuhungu cyangwa w’umukobwa utanze impyiko ntiyongera kubyara cyangwa ngo azabyare  ariko ntaho bihuriye”.

Mu Rwanda naho batangiye gusimbuza impyiko bikaba byarafashije Abanyarwanda kudahendwa bajya gushakira iyi serivisi mu Buhinde.

Umwe muri abo baturage avuga ko umukobwa we ari we wamuhaye impyiko.

Ati: “Umukobwa wanjye niwe wampaye impyiko kandi byabereye mu Rwanda;  ibyo kandi  numvaga ari nk’inzozi. Ubu  narakize burundu kandi n’umwana wanjye ameze neza”.

Hagati aho kandi abayobozi b’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, basaba abantu kwirinda indwara zitandura zirimo umubyibuho ukabije, umuvuduko w’amaraso, diyabete n’izindi.

TAGGED:featuredImibareImpyikoInzogaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikawa Irateza Imbere Abagore B’i Karongi
Next Article Putin Yatorewe Manda Ya Gatanu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?