Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwandakazi Bakina Basketball Bagiye Kugeragereza Amahirwe Mu Bufaransa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Abanyarwandakazi Bakina Basketball Bagiye Kugeragereza Amahirwe Mu Bufaransa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 January 2025 8:03 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Nibishaka Brigitte(ifoto@Afrobasket.com)
SHARE

Nibishaka Brigitte na Cyuzuzo Rebecca basanzwe ari abakinnnyi ba Basketball  baritegura kujya mu ikipe y’abato ya Tango Bourges Basket ikina mu Cyiciro cya Mbere mu Bufaransa ngo bagerageze amahirwe yabo, harebwe niba bayahabwamo umwanya bakayakinira.

Biravugwa nyuma y’igihe gito bombi bitwaye neza mu gikombe cy’Afurika cy’Abangavu batarengeje imyaka 18  cyabereye i Petoria muri Afurika y’Epfo muri Nzeri, 2024.

Nibishaka Brigitte w’imyaka 19 ari mu bakinnyi beza ba Basketball y’abagore ikinirwa mu Rwanda.

Mu mwaka ushize(2024) wa shampiyona Nibishaka yabaye mukinnyi mwiza wa Shampiyona kandi aba uwatsinze amanota menshi angana na 501.

Mugenzi we Cyuzuzo Rebecca w’imyaka 18 nawe usanzwe ukinira the Hoops Rwanda ni umwe mu bitwaye neza muri Shampiyona iheruka no mu gikombe cya Afurika ‘’FIBA U 18.

Federasiyo ya Basketball mu Rwanda isanzwe ifitanye amasezerano y’imikoranire n’ikipe ya Tango Bourges Basket yo guteza imbere Basketball mu Rwanda .

Bikorwa binyuze mu gutanga amasomo ya siporo, kongerera ubushobozi abatoza no kugeza u Rwanda ku kuba  igicumbi cy’iterambere rya Basketball y’abagore muri Afurika.

Tango Bourges Basket isanzwe ari ikipe ikomeye muri Basketball y’u Bufaransa kuko yatwaye irushanwa rya FIBA mu bagore mu mwaka wa 1995 n’umwaka wa  2001.

Yatwaye ibikombe by’u Burayi inshuro eshatu n’igikombe cya Shampiyona inshuro esheshatu.

Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Cyamunara Zitesha Imitungo Agaciro Ku Rwego Rubabaje- Umuvunyi Mukuru
Next Article Ubushinwa: Umutingito Wishe Abantu 95
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Guverinoma Ya DRC Irashaka Kwisubiza Uvira Mu Buryo Bwuzuye

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoUbubanyi n'Amahanga

Kagame yashimye ‘Senegal’ Yatwaye AFCON

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Rayon Sports Yatandukanye Na Kapiteni Wayo Bamaranye Imyaka Ibiri N’Igice

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Shampiyona Y’Abagore Y’u Rwanda Izajya Ica Kuri Rubuga Rwa FIFA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?