Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyeshuri 7700 Batsinzwe Ibizamini Bisoza Amashuri Yisumbuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanyeshuri 7700 Batsinzwe Ibizamini Bisoza Amashuri Yisumbuye

Last updated: 15 November 2021 3:26 pm
Share
SHARE

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko mu bakandida 72,910 bakoze ibizamini bya leta bisoza amashuri yisumbuye, abagera ku 7727 batagejeje ku inota fatizo bityo batemerewe guhabwa impamyabumenyi.

Kuri uyu wa Mbere nibwo Minisiteri y’Uburezi yatangaje amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu cyiciro cy’ubumenyi rusange, amashuri nderabarezi (TTC) n’amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (TVET).

Minisitiri w’Uburezi Dr Valentine Uwamariya yavuze ko mu cyiciro cy’ubumenyi rusange hiyandikishije abakandida 47,638, ariko abitabiriye ibizamini bari 47,399.

Yakomeje ati “Muri abangaba biyandikishije abakandida batsinze bakaba ari 40,435 bihwanye na 85.3%. Hanyuma nk’uko imibare ibigaragaza, ubwo abasigaye batagejeje ku inota fatizo ni 14.7%.”

Yavuze ko mu mashuri nderabarezi hiyandikishije abakandida 2988, bose bakoze ibizamini.

Ati “Abatsinze ni 2980 bihwanye na 99.8%, abandi bahwanye na 0.2% bakaba aribo batagejeje ku inota fatizo.”

Mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro hiyandikishije abakandida 22,686, ariko abakoze ibizamini ni 22,523.

Muri abangaba abatsinze ni 21,768 bihwanye na 95.7%. Abandi bahwanye na 4.3 ntabwo bagejeje ku manota fatizo.

Inota fatizo

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri, Dr Bernard Bahati, yavuze ko inota fatizo riboneka hashingiwe ku buryo abantu batsinze amasomo atandukanye.

Yavuze ko mu bumenyi rusange no mu myuga n’ubumenyi ngiro, amanota bakoreraho ibizamini byose ari 73.

Yakomeje ati “Hanyuma uba watsinze ibizamini bya leta ni uba ufite hagati y’amanota 9-73. Ni ukuvuga ngo inota fatizo ni amanota 9, akaba ariyo make, amenshi akaba ari 73. Aho ni mu biga mu mashuri y’ubumenyi rusange n’ay’imyuga n’ubumenyingiro.”

“Noneho mu biga inderabarezi ho urebye amanota yaho uko abarwa, mu by’ukuri abarwa ku 100. Ni ukuvuga ngo inota fatizo ku bana barangije amasomo ya TTC ategura abana bajya kuba abarimu ni 40. Guhera kuri 40 gusubiza hejuru, abanyeshuri bayabonye nibo batsinze bazabona impamyabumenyi zabo.”

Minisitiri Uwamariya yavuze ko muri rusange abanyeshuri batsinze neza, kubera ko iyo urebye igipimo cy’uyu mwaka kitanyuranye cyane n’imyaka yabanje.

Ati “Mu cyiciro cy’ubumenyi rusange habayeho kugabanyuka, kuko umwaka ushize igipimo cy’imitsindire cyari 89%, uyu mwaka kiba 85.3%. Bigaragara ko nubundi hano habayemo kugabanyuka, ariko urebye mu mashuri nderabarezi igipimo cy’imitsindire cyarazamutse, kuko mu mwaka wa 2019 cyari kuri 98.2% ubungubu bikaba byarabaye 99.9%, mu gihe mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro byari 91.2% uyu mwaka bikaba ari 95.7%.”

“Bigaragara ko muri TTC na TVET byarazamutse ariko mu bumenyi rusange habayeho kugabanyuka, ariko iyo urebye imibare muri rusange ntabwo itandukanye cyane n’iy’umwaka ushize.”

Biteganywa ko abantu barase dipolome bizasaba ko biyandikisha bagasubiramo ibizamini bya Leta nk’abakandida bigenga, bitabaye ngombwa ko bajya gusibira.

TAGGED:featuredIbizamini bya LetaMINEDUCUburezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri Bayisenge Asaba Abanyamakuru Gukomeza Ubunyamwuga
Next Article Leta Y’U Rwanda Mu Rukiko Iregwa N’Umunyamakuru Byansi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tekeniki Zifasha Inyoni Kuguruka Zigishije Abantu Gukora Indege

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?