Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abarundi Basabwe Kutazabeshya Ku Makuru Areba Ibarura Rusange
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Abarundi Basabwe Kutazabeshya Ku Makuru Areba Ibarura Rusange

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 July 2024 3:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Kanama, 2024 Guverinoma y’Uburundi izakora ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire. Irasaba abaturage kuzabwiza ukuri abakozi bazaza kubabarura kugira ngo igenamigambi rizaze rishingiye ku makuru nyayo.

Uburundi burateganya gukora ririya barura rusange mu rwego rwo kuzashyira mu bikorwa icyerekezo 2040-2060.

Biteganyijwe ko ijoro ryo kuwa 15 na 16, Kanama, ari ryo rizaba icyitegererezo cy’uko ibintu byifashe, abaturage bagasabwa kuzarara mu ngo zabo kugira ngo abakora ibarura bazarare bababonye kandi bahawe amakuru nyayo y’ibanze areba imibereho y’abagize umuryango.

Ibarura rusange ry’Abarundi rizakorerwa ku buso bwose bw’igihugu cyabo hagamijwe kumenya uko bangana, uko batuye, uko babayeho ndetse n’amashuri bize.

Abantu batazabarurwa ni abanyamahanga bahaba mu rwego rw’ubutumwa bwa dipolomasi.

Uburundi buvuga ko bwamaze guhuriza hamwe imbaraga zose ngo amakuru azakusanywe uko yakabaye, izo mbaraga zikaba zirimo n’ikoranabuhanga rigezweho.

Umuyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa muri Komite izakora iryo barura witwa Nicolas Ndayishimiye avuga ko bizeye ko ibikoresho bashatse ari ibikoresho bizima, bizabaha umusaruro biteze.

Ibi yabibwiye Burundi Iwacu.

Ubuyobozi bw’Uburundi kandi bwishimira ko iki gihugu cyatanze agera kuri 70% by’amafaranga yose azakenerwa muri iryo barura.

Hateguwe miliyari FBu 97 ariko kugeza ubu hamaze kuboneka miliyari FBu 66.

Minisitiri w’Intebe w’ Uburundi Gervais Ndirakobuca yasabye abaturage kuzavugisha ukuri, bakirinda gutanga amakuru atari yo.

Gervais Ndirakobuca

Mu nama iherutse kumuhuza n’abahagarariye amashyaka n’amadini yemewe mu Burundi, Ndirakobuca yagize ati: “ Abarundi ndabazi bakunda guhisha uko babayeho. Ndabasaba kuzavugisha ukuri, bakavuga uko babayeho badaca ku ruhande cyangwa ngo bagirire urwikekwe abaje kubabaza. Ndabizeza ko ntawe azababaza amafaranga mufite kuri konti bityo mube mwatinya ko mwazayabazwa”.

Yasabye abaturage kwirinda kuzahisha umubare w’amatungo yabo ngo usange umuntu aravuga ko afite ihene imwe kandi ari esheshatu, inka ebyiri kandi ari icumi…

Mu gihe ari uko bimeze, itangazamakuru ry’Uburundi rinenga Leta ko itariha uburyo bukwiriye bwo kubwira abaturage ibijyanye n’iryo barura, rikavuga ko ibyo ari imbogamizi ku migendekere myiza yaryo mu gihe gito kiri imbere.

Imibare y’ubu yerekana ko Uburundi butuwe n’abaturage 13,162,952.

Uburundi bugiye gukora ibarura rusange ry’abaturage

Ifoto ibanza:Philippe Collette

TAGGED:AbaturageBurundifeaturedIbaruraNdirakobuca
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Pasiteri Mpyisi Yasize Yanditse Igitabo
Next Article Muhanga: Abakiliya Ba WASAC Banenga Umuyobozi Wayo Mu Karere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Byaba Byagenze Gute Ngo Amerika Ihagarike Gukorana Na Israel?

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

You Might Also Like

Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Na Saudi Arabia Mu Gufasha Abaturage Gutekesha Gazi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Ubuyobozi Bw’Ihuriro Rw’Ubukungu Ku Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?