Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abarundi Basabwe Kutazabeshya Ku Makuru Areba Ibarura Rusange
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Abarundi Basabwe Kutazabeshya Ku Makuru Areba Ibarura Rusange

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 July 2024 3:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Kanama, 2024 Guverinoma y’Uburundi izakora ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire. Irasaba abaturage kuzabwiza ukuri abakozi bazaza kubabarura kugira ngo igenamigambi rizaze rishingiye ku makuru nyayo.

Uburundi burateganya gukora ririya barura rusange mu rwego rwo kuzashyira mu bikorwa icyerekezo 2040-2060.

Biteganyijwe ko ijoro ryo kuwa 15 na 16, Kanama, ari ryo rizaba icyitegererezo cy’uko ibintu byifashe, abaturage bagasabwa kuzarara mu ngo zabo kugira ngo abakora ibarura bazarare bababonye kandi bahawe amakuru nyayo y’ibanze areba imibereho y’abagize umuryango.

Ibarura rusange ry’Abarundi rizakorerwa ku buso bwose bw’igihugu cyabo hagamijwe kumenya uko bangana, uko batuye, uko babayeho ndetse n’amashuri bize.

Abantu batazabarurwa ni abanyamahanga bahaba mu rwego rw’ubutumwa bwa dipolomasi.

Uburundi buvuga ko bwamaze guhuriza hamwe imbaraga zose ngo amakuru azakusanywe uko yakabaye, izo mbaraga zikaba zirimo n’ikoranabuhanga rigezweho.

Umuyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa muri Komite izakora iryo barura witwa Nicolas Ndayishimiye avuga ko bizeye ko ibikoresho bashatse ari ibikoresho bizima, bizabaha umusaruro biteze.

Ibi yabibwiye Burundi Iwacu.

Ubuyobozi bw’Uburundi kandi bwishimira ko iki gihugu cyatanze agera kuri 70% by’amafaranga yose azakenerwa muri iryo barura.

Hateguwe miliyari FBu 97 ariko kugeza ubu hamaze kuboneka miliyari FBu 66.

Minisitiri w’Intebe w’ Uburundi Gervais Ndirakobuca yasabye abaturage kuzavugisha ukuri, bakirinda gutanga amakuru atari yo.

Gervais Ndirakobuca

Mu nama iherutse kumuhuza n’abahagarariye amashyaka n’amadini yemewe mu Burundi, Ndirakobuca yagize ati: “ Abarundi ndabazi bakunda guhisha uko babayeho. Ndabasaba kuzavugisha ukuri, bakavuga uko babayeho badaca ku ruhande cyangwa ngo bagirire urwikekwe abaje kubabaza. Ndabizeza ko ntawe azababaza amafaranga mufite kuri konti bityo mube mwatinya ko mwazayabazwa”.

Yasabye abaturage kwirinda kuzahisha umubare w’amatungo yabo ngo usange umuntu aravuga ko afite ihene imwe kandi ari esheshatu, inka ebyiri kandi ari icumi…

Mu gihe ari uko bimeze, itangazamakuru ry’Uburundi rinenga Leta ko itariha uburyo bukwiriye bwo kubwira abaturage ibijyanye n’iryo barura, rikavuga ko ibyo ari imbogamizi ku migendekere myiza yaryo mu gihe gito kiri imbere.

Imibare y’ubu yerekana ko Uburundi butuwe n’abaturage 13,162,952.

Uburundi bugiye gukora ibarura rusange ry’abaturage

Ifoto ibanza:Philippe Collette

TAGGED:AbaturageBurundifeaturedIbaruraNdirakobuca
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Pasiteri Mpyisi Yasize Yanditse Igitabo
Next Article Muhanga: Abakiliya Ba WASAC Banenga Umuyobozi Wayo Mu Karere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?