Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abarwanyi Ba Islamic State Muri Mozambique ‘Bica ’ Abana B’Imyaka 11
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abarwanyi Ba Islamic State Muri Mozambique ‘Bica ’ Abana B’Imyaka 11

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 March 2021 2:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iyi nkuru mbi yatangajwe n’abakozi ba Save the Children bakorera mu Ntara ya Cabo Delgado iri mu Majyaruguru ya Mozambique, bavuga ko babyiboneye muri kariya gace.

Contents
  

Umutwe w’iterabwoba wa Islamic State uvugwaho kwica abana bato ndetse bamwe bafite imyaka 11 kandi ngo babica babaciye imitwe.

Ubwicanyi nk’ubu si ubwa mbere buvuzwe kuri Islamic State kuko muri 2017 yabikoraga ku bantu yabaga yafatiye muri Iraq no muri Syria.

Ikibabaje ni uko ubwicanyi Islamic State ikorera muri Mozambique butavugwa cyane nk’uko byari bimeze ubwo yicaga abantu muri Syria no muri Iraq mu myaka iri hagati y’itatu n’ine ishize.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uyu mutwe washyizwe ku rutonde rw’imitwe ikora iterabwoba umaze kwica abantu 2,500 kuva waduka muri 2017.

Hari umugore wavuze ko yiboneye umwana we yicwa aciwe umutwe, abibonera aho yari yihishe.

Avuga ko bijya kuba byatangiye abarwanyi batera umudugudu basahura ingo, batwika inzu, barangije batwara abantu bunyago harimo n’umwana we.

Umuyobozi wa Save The Children muri Mozambique witwa Chance Briggs avuga ko amakuru y’uko Islamic State yica abana yabaciye ururondogoro, arabazahaza cyane.

Abaturage bo muri Mozambique bita bariya barwanyi ko ari aba  Al Shabab ariko bakabiterwa n’uko bazi ko umwicanyi wese aba ari uwa Al Shabab ariko abakora ubushakashatsi mu byerekeye iterabwoba bazi ko ari aya Al Shabab.

- Advertisement -

Ikindi ni uko Islamic State yiyemerera ko ari yo igabayo ibitero ndetse yahatangije igikorwa yise ‘Franchise Operation.’

Ikindi abahanga bavuga ni uko  Islamic State itajya ikunda gutangaza uko ikora, aho ikorera n’ibindi biyiranga nk’uko Boko Haram yo ibigenza.

Chance Briggs yabwiye BBC ko kugeza ubu bigoye gutekereza icyaba gituma Islamic State ikora ruriya rugomo.

Kimwe mu bituma yibaza igituma Mozambique iba indiri ya Islamic State ni uko ari igihugu cya munani gikennye kurusha ibindi ku isi ndetse n’Intara ya Cabo Delgabo ikaba ari iyo ikennye kurusha izindi muri kiriya gihugu.

Ibi bituma yibaza igituma bariya barwanyi barahisemo guca ingando muri kariya gace gakennye cyane.

Abana bo muri Mozambique bugarijwe n’ubugome bakorerwa na Islamic State

 

 

TAGGED:AbanaChildrenIntaraIslamicMozambiqueSaveState
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Havumbuwe ‘Izindi Nyandiko Z’Umwimerere’ Z’Abahanuzi Bo Muri Bibiliya
Next Article Pasiporo Nyarwanda Nyinshi Zigiye Guta Agaciro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?