Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abasenyeri Gatolika Bo Mu Rwanda Bunamiye Cardinal Laurent Monsengwo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Amadini N'Iyobokamana

Abasenyeri Gatolika Bo Mu Rwanda Bunamiye Cardinal Laurent Monsengwo

admin
Last updated: 14 July 2021 10:27 am
admin
Share
SHARE

Abasenyeri Gatolika bo mu Rwanda boherereje ubutumwa bw’akababaro Arkiyepiskopi wa Kinshasa Fridolin Cardinal Ambongo n’Inama y’Abepiskopi ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nyuma y’urupfu rwa Laurent Cardinal Monsengwo rwabaye ku Cyumweru tariki 11 Nyakanga.

Cardinal Laurent Monsengwo Pasinya wari ufite imyaka 81, yari umwe mu bantu bubashywe cyane muri RDC.  Yaguye mu gace ka Versailles mu Bufaransa, aho yivurizaga guhera mu ntangiro za Nyakanga.

Mu ibaruwa yoherejwe na Musenyeri Philippe Rukamba, yihanganishije Cardinal Ambongo, abasenyeri, abihaye Imana n’umuryango wa Cardinal Monsengwo witabye Imana.

Igira iti “Twifatanyije namwe mu isengesho ryo gusabira Cardinal Laurent Monsengwo Pasinya kugira ngo Imana ishobora byose kandi nyirimbabazi imuhe iruhuko ridashira n’ibyishimo bisesuye mu rusange rw’abatagatifu.”

Cardinal Laurent Monsengwo yayoboye Arkidiyosezi ya Kinshasa kugeza ku wa 25 Ugushyingo 2018 ubwo yasimburwaga na Cardinal Fridolin Ambongo.

Arkisiyosezi ya Kinshasa yatangaje ko umurambo we uzagezwa muri RDC ku wa Gatandatu tariki 17 Nyakanga. Azashyingurwa ku wa 21 Nyakanga muri Cathédrale Notre Dame du Congo, i Kinshasa.

Yavutse mu 1939 mu muryango w’abana umunani, ahabwa ubupadiri mu 1963, aba musenyeri mu 1980 abihawe na Papa Yohani Pawulo II.

TAGGED:ArkidiyoseziArkiyepiskopiCardinal Laurent Masengwo PasinyaCENCOfeaturedKinshasaMusenyeri Philippe RukambaRDC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Gukorerwa Igenzura Ku Mushinga Wo Gukora Inkingo Za COVID-19
Next Article Itegeko Rishya Rishobora Gukora Kuri Moïse Katumbi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?