Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abasenyeri Gatolika Bo Mu Rwanda Bunamiye Cardinal Laurent Monsengwo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Amadini N'Iyobokamana

Abasenyeri Gatolika Bo Mu Rwanda Bunamiye Cardinal Laurent Monsengwo

Last updated: 14 July 2021 10:27 am
Share
SHARE

Abasenyeri Gatolika bo mu Rwanda boherereje ubutumwa bw’akababaro Arkiyepiskopi wa Kinshasa Fridolin Cardinal Ambongo n’Inama y’Abepiskopi ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nyuma y’urupfu rwa Laurent Cardinal Monsengwo rwabaye ku Cyumweru tariki 11 Nyakanga.

Cardinal Laurent Monsengwo Pasinya wari ufite imyaka 81, yari umwe mu bantu bubashywe cyane muri RDC.  Yaguye mu gace ka Versailles mu Bufaransa, aho yivurizaga guhera mu ntangiro za Nyakanga.

Mu ibaruwa yoherejwe na Musenyeri Philippe Rukamba, yihanganishije Cardinal Ambongo, abasenyeri, abihaye Imana n’umuryango wa Cardinal Monsengwo witabye Imana.

Igira iti “Twifatanyije namwe mu isengesho ryo gusabira Cardinal Laurent Monsengwo Pasinya kugira ngo Imana ishobora byose kandi nyirimbabazi imuhe iruhuko ridashira n’ibyishimo bisesuye mu rusange rw’abatagatifu.”

Cardinal Laurent Monsengwo yayoboye Arkidiyosezi ya Kinshasa kugeza ku wa 25 Ugushyingo 2018 ubwo yasimburwaga na Cardinal Fridolin Ambongo.

Arkisiyosezi ya Kinshasa yatangaje ko umurambo we uzagezwa muri RDC ku wa Gatandatu tariki 17 Nyakanga. Azashyingurwa ku wa 21 Nyakanga muri Cathédrale Notre Dame du Congo, i Kinshasa.

Yavutse mu 1939 mu muryango w’abana umunani, ahabwa ubupadiri mu 1963, aba musenyeri mu 1980 abihawe na Papa Yohani Pawulo II.

TAGGED:ArkidiyoseziArkiyepiskopiCardinal Laurent Masengwo PasinyaCENCOfeaturedKinshasaMusenyeri Philippe RukambaRDC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Gukorerwa Igenzura Ku Mushinga Wo Gukora Inkingo Za COVID-19
Next Article Itegeko Rishya Rishobora Gukora Kuri Moïse Katumbi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tuzakomeza Gukorana N’u Rwanda No Mu Guhanga Udushya-Amb Wa Israel

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

You Might Also Like

Mu mahanga

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?