Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abashinwa 17 Birukanywe Muri DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abashinwa 17 Birukanywe Muri DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 January 2025 10:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Guverineri Jean Jacques Purusi Sadiki( ifoto@Radio Okapi)
SHARE

Ubuyobozi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo bwanzuye ko Abashinwa 17 bafite aho bahuriye n’ubucukuzi bwa zahabu budakurikije amategeko buherutse gutahurwa, bataha iwabo.

Mu minsi ishize, Abashinwa batatu batawe muri yombi n’ubuyobozi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo nyuma yo kubasangana zahabu nyinshi n’amadolari y’Amerika bari bahishe mu modoka yabo.

Basanganywe $800,000 na zahahu nyinshi bikekwa ko babonye mu buryo budakurikije amategeko.

Tariki 04, Mutarama, 2025 nibwo abo bagabo batatu bafatanywe iriya mari, bafatirwa i Bukavu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Radio Okapi yanditse kuri uyu wa Gatatu ko hari amakuru yamenyekanye avuga ko hari igitutu cyashyizwe k’ubutegetsi bwa Kinshasa ngo bwemere ko hari indege iza gufata iyo zahabu nayo madolari ikabijyana ahantu hatatangajwe.

Nyuma y’uko ibyo bimenyekanye, Minisitiri w’Intebe wungirije wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo ushinzwe ubutegetsi bw’igihugu witwa Jacquemain Shabani yategetse Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo aho biriya byabereye gukorana n’inzego z’ubutabera abo Bashinwa bagakorerwa dosiye yuzuye.

Ni idosiye Shabani avuga ko igomba kugezwa mu butabera kandi igomba gukorwa vuba na bwangu.

Minisitiri Shabani yasabye Guverineri Jean Jacques Purusi Sadiki ko iyo raporo ikwiye gukorwa neza, hakurikijwe amategeko agenga Repubulika ya Demukarasi ya Congo nk’igihugu gifite ubusugire, ikagezwa mu bushinjacyaha bukuru bwa Repubulika.

Ubutumwa bwa Shabani bwo kuri Telegram busaba ko muri iyo dosiye hagomba kugaragaramo n’abandi bose babifitemo uruhare, ruziguye cyangwa rutaziguye.

- Advertisement -

Ku byerekeye iyirukanwa ry’Abashinwa 17 bakoreraga mu gace bagenzi babo bafatiwemo, Radio Okapi ivuga ko byateye urujijo mu bantu kuko byakozwe bitamenyeshejwe Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo.

TAGGED:AbashinwaAmadolariUbucukuziZahabu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nduhungirehe Ntiyumva Impamvu Kuba M23 Yafashe Masisi Byabujije Abantu Amahwemo
Next Article Imana Yampaye Umugezi W’Indirimbo Zidakama-Umuhanzi Tonzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?