Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abashoramari Bo Muri Hongrie ‘Bibwe Miliyari 1 Frw’ Basubijwe Ayagarujwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abashoramari Bo Muri Hongrie ‘Bibwe Miliyari 1 Frw’ Basubijwe Ayagarujwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 June 2021 12:27 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha bweretse itangazamakuru bamwe mu bo ruheruka gufata rubakurikiranyeho kwiba umushoramari w’Umunyamahanga. Rwagaruje ibihumbi birenga 700 by’amadolari. Uwibwe ni umuturage wo muri Hongrie witwa Skare Jonas.

Mu beretswe itangazamakuru  ntabwo Padiri w’I Rwamagana uherutse gufatwa yari arimo.

Abafashwe ntibigeze bavugisha itangazamakuru, baje baraforwa barangije baragenda.

Uwibwe  Skare Jonas yashimye ubugenzacyaha bw’u Rwanda bwamufashije kugaruza amafaranga ye mu gihe gito, avuga ko byerekana ko ubugenzacyaha bwarwo bukora neza.

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwari ruherutse gutangaza ko rwataye muri yombi Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Rwamagana, Ingabire Jean Marie Theophille, nyuma yo kumusangana amafaranga yibwe umucuruzi.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha Dr Thierry B Murangira yavuze ko ariya mafaranga yafashwe binyuze ku makuru bahawe n’abaturage ndetse ku bufatanye na Polisi.

Dr Murangira yasobanuye uko byagenze ngo ariya mafaranga agaruzwe

Yavuze kandi ko abibye uriya mushoramari bamuteye ubwoba ubwo yari agiye kubareba ngo bakorane kuko yari aje gutangira business y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Ngo bamuteye ubwoba bamusaba kubika inda, ntarebe hejuru hanyuma bamucuza amafaranga yari azanye gushora mu Rwanda.

Ati: “ Bamwambuye binyuze mu iterabwoba bamuteye, bamucuza amafaranga angana na miliyoni imwe y’amadolari y’Amerika ni ukuvuga amafaranga angana na miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda.”

Asinyira ko ayakiriye

Nyuma Skare yaregeye ubugenzacyaha butangira iperereza hafatwa abantu batandukanye barimo abacuze umugambi n’abababereye ibyitso barimo Umupadiri mukuru wa Paruwasi ya Rwamagana n’Umunyamategeko umwe.

Icyo gihe ubugenzacyaha batangaje ko bwahise butangiza iperereza.

Mu butumwa RIB iherutse gushyira kuri Twitter ubwo yafataga Padiri, yavuze ko uyu mupadiri yari yabikijwe n’umwe mu bibye ariya mafaranga umugabane we ungana na miliyoni 400Frw.

Ku rukuta rwa Twitter rwa RIB haranditswe hari: “Uwo mujura amaze kuvuga aho yahishe amafaranga nibwo RIB yagiye gusaka padiri iyasanga yo abitswe mu mutamenwa (safe box) irayafatira na Padiri arafatwa.”

Amakuru Taarifa yamenye ni uko aberetswe itangazamakuru hari na gahunda yo guhita bashyikirizwa ubushinjacyaha.

Ayagarujwe ni amafaranga 324,650£,  344,700$,  37,421,000frw, yose hamwe angana na 771,701,000 frw ku mafaranga agera kuri Miliyari 1 Frw ( ni ukuvuga Miliyoni 1 $ yibwe.

Aya ni amafaranga yasubijwe

Andi aracyashakishwa!

TAGGED:AmadolarifeaturedMurangiraUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyo Ukeneye Ngo Utangire Guhinga Urumogi Mu Buryo Bwemewe Mu Rwanda
Next Article Inyeshyamba Zigaruriye Umurwa Mukuru W’Agace Ka Tigray Muri Ethiopia
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

You Might Also Like

Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?