Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abasirikare Ba Tchad Ikibazo Cyayo Mukibarekere- Tshisekedi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abasirikare Ba Tchad Ikibazo Cyayo Mukibarekere- Tshisekedi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 May 2021 6:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo umunyamakuru yabazaga Perezida Felix Tshisekedi niba atemera ko ibyo ingabo za Tchad zakoze ubwo zafataga ubutegetsi ari Coup d’état ya gisirikare, undi yamusubije ko ibyo zakoze ari ukurinda ubusugire bwa Tchad kandi ko ziteguye kuzasubiza ubutegetsi abasivili.

Hari mu kiganiro yaraye atangiye i Paris mu Bufaransa nyuma yo kwitabira inama ihuje u Bufaransa n’Abakuru b’ibihugu by’Afurika yigiraga hamwe icyakorwa ngo ubukungu bwabyo buzahuke.

Félix Tshisekedi usanzwe ari na Perezida w’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe, avuga ko abasirikare ba Tchad bagombaga gukora uko bashoboye igihugu ntigihinduke akaduruvayo nyuma y’urupfu rutunguranye rwa Idriss Deby Itno wayoboraga Tchad.

Yabibukije ko bariya basirikare bafite akazi gakomeye ko kwita ku bibera muri kiriya gihugu ari nako bakomeza guhangana n’abarwanyi bazengereje agace ka Sahel.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Hagati aho ariko ibihugu bigize Umuryango w’Afurika yunze ubumwe ntibyumva kimwe uko ibibera muri Tchad byakemurwa.

Inama  yagombaga guhuza abagize Akanama gashinzwe umutekano mu Muryango w’Afurika Yunze ngo bige ku bibazo bya Tchad yari imaze igihe isubikwa.

Ku wa Gatanu ushize yarateranye.

Yari  Inama ikomeye kuko ibihugu byose uko ari 15 bigize kariya nama byagombaga kuba biyirimo kandi bikagira ibyo byemeza ku mwanzuro wafatirwa ibibera muri Tchad nta na kimwe cyifashe.

Ikibazo gihari kugeza ubu ni uko abagize kariya kanama bose batumva kimwe uko ibibazo bya Tchad byakemurwa.
Abenshi bumva ko ibyiza ari uko akanama ka gisirikare kayoboye Tchad muri iki gihe kahabwa umwanya kandi kagaherekezwa muri iyi nzibacyuho y’amezi 18.

- Advertisement -
Akarere ka Sahel ahakorera ingabo z’u Bufaransa zifatanyije n’izindi zirimo n’iza Tchad

Ku rundi ruhande hari abavuga ko ihame ry’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe ry’uko igihugu gikorewemo coup d’état kigomba guhagarikwa mu muryango, rigomba gukurikizwa, bityo Tchad ikaba ihawe akato.

Kubera ko iki kibazo cyabaye ingorabahizi ku bagize kariya kanama bakananirwa kubyumvikanaho, byabaye ngombwa ko hategurwa itsinda ryagombaga kujya i  N’Djamena kureba uko ibintu byifashe rigatanga raparo.

Raporo kariya kanama kazanye rero yasabye  ko ibihugu byose bigize Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe byashyigikira Tchad mu bihe irimo, ikabanza kwivana mu bibazo nyuma hazabaho amatora.

Abashyigikiye ko Tchad iherekezwa mu bihe irimo bavugaga ko kuyikomanyiriza byaba ari ukuyitererana kandi isanzwe ari indashyikirwa mu guhangana n’iterabwoba rikorwa n’imitwe y’abarwanyi bakorera mu gace  ka Sahel.

Abatabishaka bo bavuga ko byaba ari ukwica ihame ryemejwe n’uriya muryango, bakavuga ko Tchad itagombye kuba umwihariko.

Radio France Internationale iherutse gutangaza ko uko bimeze kose abari butsinde muri izi mpaka ari abashyigikiye ko Tchad iherekezwa kuko n’ubundi mu gutorera icyemezo runaka harebwa abafite ubwiganze.

 

TAGGED:AbarwanyiAbasirikareAfurikaDebyfeaturedTchadTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Canal + Yafunguye Iduka Ry’Abakiliya Bayo Ku Gisimenti
Next Article Mohammed Deif: Umuntu Wa Mbere Israel Ihigisha Uruhindu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Perezida Wa Guinea Conakry Yaraye Yakiriwe N’Abaturage Be Baba Mu Rwanda

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?