Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abasirikare Ba Uganda Muri Somalia Bamaze Amezi Umunani Badahembwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abasirikare Ba Uganda Muri Somalia Bamaze Amezi Umunani Badahembwa

Last updated: 10 January 2022 7:48 am
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Ingabo za Uganda (UPDF) bwemeje ko abasirikare bari mu butumwa bw’Ubumwe bwa Afurika bwo kugarura amahoro muri Somalia (AMISOM) bamaze amezi umunani badahembwa, kuko amafaranga bagenerwa ajyanye n’ubutumwa barimo aheruka gutangwa muri Mata 2021.

Ni abasirikare boherejwe muri Somaia mu butumwa bwo guhangana by’umwihariko n’umutwe wa Al-Shabaab, umaze igihe ukora ibitero by’iterabwoba.

Umuvugizi wa UPDF, Brigadier General Flavia Byekwaso, yavuze ko ibitangazwa ko ayo mafaranga yaba yaribwe na bamwe mu basirikare bakuru ari ibinyoma.

Yakomeje ati “Guverinoma ya Uganda na Minisiteri y’Ingabo byashyizeho uburyo hamwe n’abaterankunga b’ubu butumwa, Ubumwe bwa Afurika, hakemurwa ibirarane by’ingabo zoherejwe muri AMISOM.”

“Ubwo buryo burimo gukurikizwa kugira ngo biriya birarane byishyurwe. Turasaba abasirikare byagizeho ingaruka gukomeza imyitwarire myiza n’ukwihangana kubera ko urugendo rwo kwishyura ibirarane rwaratangiye kandi bazahemberwa umurimo ukomeye bakora.”

AMISOM yatangiye ku wa 19 Mutarama 2007 biteganywa ko izamara amezi atandatu, ariko ubwo butumwa buza kugenda bwongererwa igihe.

Uganda nicyo gihugu gifite abasirikare benshi muri AMISOM, bagera ku 6,223. Bakorera mu bice bya Banadir (Mogadishu) na Shabelle.

Bayobowe na Brig Gen Keith Katungi guhera mu Ukuboza 2021.

TAGGED:al-ShabaabfeaturedSomaliaUPDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Turashaka Ko Nituva Muri Mozambique, Ingabo Zabo Zizakomeza Kurinda Cabo Delgado- Col Rwivanga
Next Article Bagiye Kubaka Mu Rwanda Inzu Zo ‘Kubamo’ Zifite Agaciro Ka Miliyari 30 Frw
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

Yajyanywe Kuri RIB Nyuma Yo Gushaka Kwiyahura Bikanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

You Might Also Like

ImikinoUbubanyi n'Amahanga

Kagame yashimye ‘Senegal’ Yatwaye AFCON

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi Rusange

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Aba Wazalendo Bongeye Kuba Benshi Muri Uvira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?