Qatar Ihakana Ko Ifunze Abapilote Ba Iran

Umwanditsi wa Taarifa
6 Min Read
Majed al-Ansari: Ifoto: ©Peninsula Qatar

Abayobozi ba Iran bavuga ko hari abapilote b’indege zayo z’intambara bamaze igihe bafunzwe n’igisirakare cya Qatar, ibintu iki gihugu gihakana.

Qatar yahakanye ibivugwa na Tehran ko hari abapilote b’Abanya-Iran bafungiye ahantu h’ibanga, nyuma y’uko indege zabo zihanuriwe  mu mirwano yabaye mu ntangiriro z’uyu mwaka, bakarokoka, bagafatwa bagihumeka.

Ku wa Gatandatu, umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar yavuze ko yatunguwe ‘n’amagambo ayobya’ yatangajwe n’abayobozi ba Iran, anashimangira ko ingabo za Qatar nta mupilote w’indege za kiriya gihugu warokotse zifunze.

Al Jazeera ivuga ko uyu muyobozi witwa Majed al-Ansari yayibwiye ati: “Turahakana mu buryo budasubirwaho ibivugwa ko dufunze abapilote b’Abanya-Iran, kandi twatangajwe n’aya magambo ayobya avuzwe muri iki gihe, mu gihe hari imbaraga za dipolomasi n’ibikorwa bigamije kugabanya umwuka mubi mu karere ziri gushyirwaho ngo amahoro agaruke mu Karere.”

Ibi byatangajwe nyuma y’uko Tehran isabye ku mugaragaro ko abo bapilote barekurwa.

Jenerali Mohammad Bagherzadeh wo mu ngabo za Iran, mu ibaruwa yandikiye Komite Mpuzamahanga y’Umuryango utabara imbabare (ICRC), yavuze ko abapilote batatu — Javad Salehi, Abdolmajid Dashtian na Omran Behraveshian — bafashwe ari bazima nyuma y’uko indege zabo zo mu bwoko bwa Su-24 zihanuwe muri Werurwe, nk’uko ibiro ntaramakuru bya Iran, Fars, byabitangaje.

Bagherzadeh yavuze ko abo basirikare bamaze amezi atandatu bafunzwe ntawe ushobora kuvugana na bo, kandi ko batemerewe kuvugana n’imiryango yabo cyangwa abahagarariye igihugu cyabo.

Yasabye ko imiryango mpuzamahanga ishinzwe ubutabazi yagira icyo ikora kuri iki kibazo.

Mbere y’aho, Iran yari yemeye ko hari umupilote wayo umwe wishwe, mu gihe abandi bari baburiwe irengero nyuma y’ubutumwa bw’indege zabo bwerekanaga ko zerekeje muri Qatar.

Ariko amakuru avuga ko hari abandi bapilote baba barafashwe yari atarashyirwa ahagaragara.

Ubutegetsi bw’i Doha( umurwa mukuru wa Qatar) buvuga ko nyuma yo kubona ko izo ndege zinjiye mu kirere cyayo, Qatar yavuganye n’abari bazitwaye, ibabwira ko ibyo bakoze nta burenganzira babifitiye bityo ko bagomba gukata bagasubira iyo bari bavuye, ngo icyo gihe hari muri Werurwe(3), 2026.

Nyuma yo kuburirwa ariko ntizitange igisubizo, ingabo za Qatar zarashe izo ndege.

Amatsinda ashakisha kandi atabara yaje kubona umurambo w’umupilote umwe witwa Majid Kazemi, maze Qatar ikorana n’abayobozi ba Iran mu kuwucyura.

Amakuru avuga ko Qatar yavuganye n’uruhande rwa Iran kugira ngo habeho uburyo buhamye bwo gucyura uwo murambo, hakurikijwe ingingo z’amategeko mpuzamahanga agenga ubutabazi ‘mu gihe cy’intambara.’

Muri uwo mujyo kandi, Qatar yari yatumiye itsinda ry’Abanya-Iran ngo rijye muri Qatar muri Mata(4), kugira ngo risobanurirwe birambuye ibikorwa byo gushakisha no gutabara abo bantu ariko Al Jazeera ivuga ko ibyo bitigeze bikorwa kuko Iran ititabiriye ubwo butumire.

Ubwo kurasa indege za Iran zivugwa muri iyi nkuru byabaga, hari imirwano yari irimbanyije, yabayemo no kugaba igitero ku kigo cya gisirikare cya Al Udeid muri Qatar, kikaba ari cyo kigo kinini cya gisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika kiri muri ako karere kandi kikaba gikorera abakozi ba US Central Command (CENTCOM).

Mu ntangiriro za Werurwe(3), Minisiteri y’Ingabo ya Qatar yatangaje ko yarashe indege ebyiri z’intambara zo mu bwoko bwa Sukhoi Su-24 za Iran.

Bwari ubwa mbere igihugu cyo mu bihugu by’Abarabu byo mu Kigobe gitangaza ko cyarashe indege za Iran kuva Iran itangiye kwihimura kuri ibi bihugu ibiziza ko bicumbiye ingabo za Amerika.

Uko guterana amagambo hagati ya Tehran na Doha kuje mu gihe intambara ya Iran na Amerika ikomeje kuba ‘agatereranzamba’.

Umuhati wa Pakistan, Qatar n’abandi bahuza wo kugira ingo intambara hagati y’ibihugu byombi ihoshe, ntubura kirogoya za hato na hato.

Nubwo muri Mata(4) habaye amasezerano yo guhagarika imirwano yari afashijwe n’abahuza, barimo Pakistan, bigatuma imirwano ikomeye ihagarara by’agateganyo, ibiganiro ku mugambi w’amahoro byaje gusenyuka muri Kamena(6).

Hakurikiyeho kurasana hagati y’impande zombi, ahanini zishaka kurushanwa kugenzura umuhora wa Hormuz usanzwe ari inzira nyabagendwa nini icamo ibikomoka kuri petelori byinshi kurusha ahandi ku isi.

Nubwo hari uyu mwiryane, Qatar iracyari umuhuza mu biganiro by’amahoro, aho iri gushaka gufasha Iran na Amerika kugera ku bwumvikane binyuze mu biganiro.

Uyu mwiryane wa dipolomasi ubaye mu gihe imbaraga zo gushaka amahoro nazo zihura n’imbogamizi, mbere y’uko igihe ntarengwa cyo kubahiriza agahenge k’iminsi 60 kari kemeranyijweho, kigera.

Iki gihe kiragera kuri uyu wa Mbere italiki 18, Kanama(8) 2026.

Kugeza ubu, ibiganiro bitaziguye hagati y’impande zirebwa n’iki kibazo birarandaga cyane, bigatuma ingendo z’ubwato bunyura muri Hormuz nazo zigenda buhoro.

Ku wa Gatanu, Perezida wa Amerika, Donald Trump, ubwo yavuganaga n’abantu bari bateraniye i New York, yavuze ko Iran iri “gutsindwa bikomeye ”, anavuga ko vuba aha ashobora kuzatangaza ko Hormuz ari ubutaka bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ku wa Gatandatu, Tehran yahise yamagana ayo magambo.

Umuyobozi wungirije wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran, Kazem Gharibabadi, yanditse kuri X avuga ko iyo nzira y’amazi “idashobora gufatwa hakoreshejwe ubutumwa bwanditswe kuri X cyangwa ubwato bw’intambara”.

Iran ivuga gusa ko izemera gufungura Hormuz mu buryo bwa nyabwo ari uko Amerika yisubiyeho, ikemera ko yatsinzwe ku mugaragaro, ingingo abategetsi b’i Washington badashobora guhingutsa mu kanwa kabo mu buryo bweruye.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *