Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abaturage 52 ‘Bajyanywe Mu Bitaro’ Nyuma Yo Kunywa Ikigage Mu Bukwe Bwa Gitifu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abaturage 52 ‘Bajyanywe Mu Bitaro’ Nyuma Yo Kunywa Ikigage Mu Bukwe Bwa Gitifu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 January 2022 6:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uwari usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nkungu kari mu Murenge wa Munyaga muri Rwamagana(ubu yahagaritswe mu nshingano) yakoresheje ubukwe mu mpera z’Icyumweru gishize mu babutashye hagaragaramo abantu 52 barwaye k’uburyo bajyanywe mu bitaro.

Bivugwa ko abo baturage bakirijwe ikigage barakinywa kibagwa nabi.

Ubukwe bw’uriya muyobozi bwabereye mu Murenge wa Gahini mu Karere ka Kayonza, ariko kwiyakira bibera i Rwamagana mu Kagari ka Nkungu ari n’aho umugore we akomoka.

Kwiyakira byabereye kwa Nyirabukwe utuye muri ako Kagari.

Abatashye biriya birori bahawe ikigage , gusa uriya muyobozi ntiyari ahari nk’uko Igihe yabyanditse  ndetse ngo ntiyari yahageze umunsi wose.

Byabereye mu Karere ka Rwamagana
Abaturage bahuye n’ikibazo ni abo mu Kagari ka Nkungu, Umurenge wa Munyaga

Mu batashye buriya bukwe harimo uwanduye COVID-19…

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana bwaraye bubwiye itangazamakuru ko mu bantu bari bitashye ibirori kwa Nyirabukwe wa Gitifu hari umwe wagaragayeho ubwandu bwa COVID-19.

Ikindi ngo ni uko mu kwitabira biriya birori, abaturage b’i Nkungu batakurikije amabwiriza yose kandi neza yo kwirinda COVID-19.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana Radjab Mbonyumuvunyi yagarutse ko gicyekwa ko cyaba cyarateye uburwayi abaturage banyoye kiriya kigage.

Ngo ni amasaka bashigishemo ikigage batirigeze bayoronga!

Radjab Mbonyumuvunyi yagize ati: “Iby’ibanze byagaragaje ko harimo isuku nke muri icyo kigage, gusa biracyari mu iperereza kugira ngo tumenye neza iby’isuku nke ibyo ari byo, ariko dukurikije amakuru y’ibanze ni uko binitse amasaka barayinura barayashesha batigeze bayaronga, biza gutera umwanda watumye abasigaye mu rugo bakinyoyeho bose bagira ikibazo cyo kuribwa mu nda no gucibwamo.”

Gusa ngo abarwayi ntibakomerejwe ahubwo bageze kwa muganga barasezerwa barataha.

Gitifu yahagaritswe kugira ngo hakorwe iperereza risesuye…

Mbonyumuvunyi avuga ko  gitifu yahagaritswe kugira ngo habanze hakorwe iperereza barebe niba nta ruhare yabigizemo.

Icyakora yahagaritswe ‘by’agateganyo.’

Ikigamijwe ni ugukora icukumbura ryimbitse ngo harebwe niba nta ruhare yaba yarabigizemo cyangwa uburangare bigatera ingaruka zageze ku baturage yari ashizwe kuyobora.

Ubu hashyizweho itsinda ryo kubigenzura.

TAGGED:AbaturagefeaturedGitifuInzogaRwamagana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Mnangagwa Yirukanye Minisitiri Wari Inkoramutima Ye
Next Article Abaturage B’Afghanistan Bugarijwe N’Inzara, Amahanga Yarabatereranye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?