Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abaturage baratangira gushyirwa mu byiciro by’Ubudehe kuri uyu wa Gatanu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abaturage baratangira gushyirwa mu byiciro by’Ubudehe kuri uyu wa Gatanu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 December 2020 9:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’inzego z’ibanze(Local Administrative Entities Development Agency, LODA) gitangaza ko guhera kuri uyu wa Gatanu taliki 04 kugeza ku Cyumweru taliki 06, Ukuboza, 2020, abaturage bazatangira gushyirwa mu byiciro by’Ubudehe. Bizakorwa mu minsi ibiri kandi mu gihugu hose.

Mu myaka yashize ibyiciro by’Ubudehe byari byarashyizweho na Leta hari bamwe babinenze ko byashyiraga abaturage mu byiciro mu buryo butandukanye n’imibereho yabo, abandi bakavuga ko bifite amazina afifitse ndetse atesha bamwe agaciro.

Nyuma Leta yasanze ari ngombwa ko byasubirwamo, bigahabwa n’andi mazina.

Haherutse gushyirwaho ibyiciro bine by’Ubudehe byiswe A,B,C,D na E.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

‘Ikiciro cya A’ gikubiyemo abaturage bafite amikoro yo hejuru cyane n’aho ‘ikiciro cya E’ kikabamo abafite amikoro make kurusha abandi.

Umuyobozi mukuru wa LODA Madamu Marie-Solange Nyinawagaga yemeza ko abaturage bazahabwa ‘ijambo rinini’ mu kubashyira mu byiciro.

Yabwiye The New Times ati: “Ubu turi gukusanya amakuru yose muri buri rugo kandi twizeye ko bizagera mu mugoroba wo kuri uyu wa Kane taliki 02, Ukuboza, 2020 ibintu byose biri ku murongo. Bukeye bw’aho abakuru b’imiryango bazahurira ku biro by’Umudugudu bicarane bakurikije amabwiriza yo kwirinda COVID-19 ubundi buri rugo rushyirwe mu kiciro cy’Ubudehe.”

Avuga ko abayobozi mu nzego z’ibanze bazakorana n’urubyiruko rw’abakorera bushake mu gushishikariza abaturage kuvugisha ukuri ku byerekeye imibereho ya bagenzi babo kugira ngo babone uko bashyirwa mu byiciro, ntawe ugize ingingimira.

LODA ivuga ko abaturage bose nibarangiza gushyirwa mu byiciro, bazabimenyeshwa binyuze mu kumanika urutonde ruriho ikiciro buri rugo rwashyizwemo.

- Advertisement -

Urugo cyangwa umuturage uzasanga yashyizwe mu kiciro atibonamo azaba afite uburenganzira bwo kukijuririra, ubujurire bwe bukazatangirwa ku biro by’Umudugudu aho bishoboka.

Nyinawagaga avuga ko gushyira abaturage mu byiciro by’Ubudehe bifasha Leta mu igenamigambi rigamije kuzamura imibereho y’abaturage basanzwe bakennye.

Ubudehe bwatangijwe muri 2000 butangizwa na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, ariko ubu bugenzurwa na Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu binyuze mu kigo cyayo kitwa LODA.

Photo@KigaliToday

TAGGED:AbaturagefeaturedLODANyinawagagaUbudeheUmudugudu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article USA yashyize Miliyoni $ 1.5 mu mishinga izafasha abafite ubumuga guhanga akazi
Next Article OMS yakuye urumogi ku rutonde rw’ibiyobyabwenge bikomeye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?