Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abatuye Kigali Bafite Ibibazo Ku Butaka Bahawe Uburyo Bwo Kubikurikirana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Abatuye Kigali Bafite Ibibazo Ku Butaka Bahawe Uburyo Bwo Kubikurikirana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 May 2021 11:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwashyiriyeho abawutuye uburyo bwo kubwegera bagasobanuza ibibazo bishingiye kuri serivisi z’ubutaka, z’imiturire, abatswe indonke n’ibindi.

Kuri Twitter, ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko bizakorwa mu rwego rwo kurushaho kuvugurira imitangire ya serivisi z’ubutaka mu Mujyi wa Kigali.

Ikindi kandi ngo ni uko hagiye gutangira ubukangurakambaga bwo kwakira ibibazo by’abaturage barenganyijwe, abafite ibindi bibazo bitarakemuka, abatswe indonke n’abandi bafite ibyo basobanuza ku mitangire ya serivisi z’ubutaka mu Mujyi wa Kigali.

Uko ingengabihe iteye:

Iyi gahunda izajya iba buri wa Gatatu guhera saa tatu za mu gitondo(09h00 am) kugeza saa sita z’amanywa (12h00), ikazamara amezi atatu(3).

Abaturage bazajya bakirwa n’Abayobozi b’Amashami (Directors of Stop Centers) ku Turere no Ku Mujyi wa Kigali.

Iby’ingenzi bikubiye mu gishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali…

Tariki 05, Nzeri, 2020 nibwo hamuritswe igishushanyo mbonera kivuguruye cy’Umujyi wa Kigali.

Ni igishushanyo mbonera kizashingirwaho mu  iterambere ry’ubukungu n’imibereho y’abaturage mu myaka 30 iri imbere.

Abagisobanuye bavuga ko kizafasha abafite amikoro macye bakundaga kwimukira abifite kubana nk’abaturanyi muri uyu mujyi.

Ubwo igishushyanyo mbonera cyamurikwaga muri Nzeri, 2020

Biteganyijwe ko muri 2050 Umujyi wa Kigali uzaba utuwe n’abaturage miliyoni hafi enye.

Muri 1907 aho Kigali yatangiriye ahitwa Cyahafi yari ituwe n’abantu 10.

Umujyi uraguka kugeza mu 1962 ubwo wagirwaga umurwa mukuru w’u Rwanda.

Kuri ubu Kigali ituwe n’abaturage miliyoni imwe n’ibihumbi 600.

Ikigo cyo muri Singapore kitwa Surbana Jurong Group nicyo cyatsindiye isoko ryo kuvugurura umujyi  wa Kigali.

Ubwo kiriya gishushanyo mbonera cyamurikwaga muri Nzeri, 2020 Madamu Solange Muhirwa uhshinzwe imiturire n’igenamigambi muri Kigali yavuze ko mu kugena uko izubakwa habayeho no kubaza abaturage uko babyumva.

Ijambo ry’umuturage ryahawe agaciro gakomeye mu kugena isura ya Kigali mu myaka 30 iri imbere.

Muri iki gishushanyo mbonera umuturage utuye mu kajagari azatanga ubutaka bwe abuhe umushoramari maze abwubakemo umuturirwa, hanyuma muri wa muturirwa nyir’ubutaka ahabwemo igice cy’inzu gifite agaciro kangana n’ubutaka bwe.

Ku rubuga rw’Ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru handitse ko Umujyi wa Kigali wigeze gutangaza ko 58% by’abawutuye binjiza amafaranga atageze ku bihumbi 100 ku kwezi.

TAGGED:AbaturagefeaturedIgishushanyoImiturireKigaliMboneraSerivisiUbutaka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Yatandukaniye N’Umwana We Muri Libya, Bongera Guhurira Mu Rwanda
Next Article Umugwaneza Yashyizwe Muri Komisiyo Ya Leta Ya Texas Yigisha Kuri Jenoside
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?