Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abayobozi Basabwe Gukemura Ibibazo Mbere Y’Uko Bigezwa Kuri Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abayobozi Basabwe Gukemura Ibibazo Mbere Y’Uko Bigezwa Kuri Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 December 2022 10:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Musabyimana Jean Claude yasabye abayobozi  bo mu Ntara y’Amajyaruguru gukora ibishoboka bagakemura ibibazo by’abaturage. Ngo si byiza ko abaturaga  babyiganira gutura Umukuru w’Igihugu ibibazo  iyo yabasuye kandi hari abayobozi bashinzwe kubikemura.

Hari mu nama  yahuje  Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’ubuyobozi bo mu Ntara y’Amajyaruguru burimo inzego bwite za Leta kuva ku Ntara kugeza ku mirenge.

Hari n’abayobozi b’amadini n’amatorero, inzego z’umutekano, abahagarariye abikorera n’ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere.

Minisitiri Jean Claude Musabyimana  yasabye abayobozi gukemura ibibazo by’abaturage bigakemukira ku nzego bireba bitabaye ngombwa ko bizagezwa k’Umukuru w’u Rwanda.

Ati: “Mbere gato y’uko nza muri izi nshingano nagize amahirwe yo kujya mu ngendo Perezida wa Republika yakoreraga mu Majyepfo no mu Burengerazuba. Ababibonye kuri televisiyo hari ikibazo cyahagaragaye twese kidukoraho n’abatarabaga muri Local Government.”

Yavuze ko icyo kibazo ari ubwinshi bw’abaturage bajya kubwira Perezida ibibazo byananiye cyangwa byirengagijwe n’inzego bireba.

Minisitiri Musabyimana Jean Claude avuga ko kuba abaturage babaza Umukuru w’Igihugu cyangwa bakamuganiza nta kibazo kirimo ariko ngo  kuba hari ibibazo bakimubaza kandi bikwiye kuba byarakemuwe n’abayobozi begereye abo baturage, byo ari ikibazo.

Ibibazo bikigaragazwa n’abaturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru birimo n’iby’ingurane z’imitungo iba yarangijwe cyangwa ikifashishwa mu bikorwa byo kongera ibikorwa remezo ariko bagatinda guhabwa ingurane.

Hari n’abahabwa idakwiye agaciro k’ibyangijwe hakaba n’abadahabwa na mba!

Minisitiri Musabyimana yanenze abayobozi bagira uburangare bikambika Leta icyasha kandi  kandi itarabuze amafaranga y’ingurane.

Ati “…Usanga ikibazo kiri ku mikorere yacu mibi, usanga byinshi tutazi ko bihari cyangwa tudakorana n’abagomba kubikemura. Biteye isoni rwose kubona umuturage utishoboye umutwarira umutungo akamara umwaka atishyuwe. Ntabwo bikwiye umuyobozi,  ntabwo bikwiye Leta yacu kandi dufatanyije nziko byakemuka tugahuza iterambere n’imibereho myiza y’abaturage bacu.”

Taliki 10 Ugushyingo 2022, nibwo Perezida Paul Kagame yagize Jean Claude Musabyimana Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu.

Yari  asimbuye  Gatabazi Jean Marie Vianney na we wari wamusimbuye k’Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru mu gihe cyashize.

Musabyimana yahoze ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) kuva mu mwaka wa 2018.

Guhera mu mwaka wa 2017-2018 yabaye Umunyamabanga uhoraho wa Minisiteri y’ubutaka n’amashyamba (MINILAF).

Hagati ya 2016 na 2017 yari Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, uyu mwanya akaba yarawugiyeho avuye ku wo kuba Umuyobozi w’Akarere ka Musanze mu Ntara  y’Amajyaruguru hagati y’umwaka wa  2015 n’umwaka wa  2016.

Hagati ya 2014 na 2015 yabaye Umuyobozi wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu mu Karere ka Musanze.

TAGGED:AbaturageAmajyarugurufeaturedMinisitiriMusabyimama
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abari Bahagaririye U Rwanda Muri EALA Bishimira Ibyo Bayigejejeho
Next Article DRC: Abantu 169 Bahitanywe N’Inkangu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?