Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abayobozi Muri Afurika Barajya ‘Kuryoshyaroshya’ Putin Na Zelensky
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abayobozi Muri Afurika Barajya ‘Kuryoshyaroshya’ Putin Na Zelensky

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 June 2023 9:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatanu Taliki 16, Kamena, 2023 hari itsinda y’Abakuru ba bimwe mu bihugu by’Afurika cyangwa intumwa  riri buhure na Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky. Kuri uyu wa Gatandatu zizakomereza mu Burusiya guhura na Vladmir Putin.

Ni itsinda rigizwe n’intumwa za Afurika y’Epfo (niyo iriyoboye) iza Misiri, iza Congo-Brazzaville, iza Comoros, iza Zambia n’iza Uganda.

Ubwo yatangazaga iby’uru rugendo, Perezida wa Afurika y’Epfo Cyril Ramaphosa yirinze gutangaza ibizaba bikubiye mu biganiro bazagira na bagenzi babo bayobora Ukraine cyangwa Uburusiya.

Iri tsinda si ryo ryonyine riri kugerageza guhuza Uburusiya na Ukraine kugira ngo intambara hagati yabyo ihagarare kuko Ubushinwa, Turikiya na Vatican nabo ntako batagize.

Icyakora kugeza ubu nta kiragerwaho kuko intambara irakomeje ndetse ku rwego rwo hejuru.

Ese Afurika izahuza ibyananiye Ubushinwa na Vatican?

Ntawamenya uko bizagenda, ariko ababirebera hafi bavuga ko nta kintu kinini bizatanga.

Bavuga ko ibigiye kuba ari ibintu bidasanzwe kuri Afurika kubera ko isanzwe yirinda kwivanga mu bireba Abanyaburayi ni ukuvuga Abarusiya na bagenzi babo bo mu Burengerazuba bw’isi.

Abahanga bibaza umuti Afurika yaba igiye guha abantu batizege bayigisha inama kuva na kera na kare, bakawubura.

Ikindi kandi ngo Afurika irashaka kujya guhosha iby’ahandi mu gihe isize iwayo hashya.

Hari n’abavuga ko ari igikorwa cy’umuhango kigamije kwifatira ‘agafoto k’urwibutso’.

Kuba muri Afurika hasanzwe amakimbirane akomeye ariko ntihabe hari itsinda ry’Abakuru b’ibihugu(birimo n’ibikomeye nka Afurika y’Epfo na Misiri) bihuje ngo bahagurukire icyarimwe bagikemure, bituma abantu bibaza ku buhuza bw’uyu mugabane mu bibazo bitawureba mu buryo butaziguye.

Umusesenguzi w’ibibera muri Afurika witwa Jean-Yves Ollivier aherutse gutangariza BBC ko asanga intego y’abayobozi b’Afurika muri iki kibazo atari iyo gutuma intambara nyirizina ihagarara( kuko nta bushobozi babifitiye) ahubwo ari ukuganira uko ibihugu byabo byazatanga ibintu nkenerwa mu nganda(raw materials) mu gihe gusana Ukraine cyangwa Uburusiya bizaba bitangiye.

Kuri we, ngo bagiye gushaka amasoko kurusha gushaka amahoro.

Bagiye kandi kuryoshyaryoshya abayobozi ba biriya bihugu kugira ngo badohore boherereza Afurika ifumbire n’ibinyampeke kuko biri mu bintu uyu mugabane ukeneye cyane muri iki gihe.

Uburusiya bwanze ko Ukraine yoherereza isi ibinyampeke ikeneye, Ukraine nayo yanga ko Uburusiya bwohereza isi ifumbire nyinshi ikeneye.

Muri ako gahimano, niho Afurika yaje gukubitikira.

Itsinda riri bujye muri Ukraine no mu Burusiya rigizwe na ba Perezida batanu n’intumwa imwe ya Perezida Museveni uri gukiruka COVID-19.

Icyakora nk’uko BBC yabyanditse, aba bayobozi ntibabona kimwe imizi y’ikibazo cyashyamiranyije Kiev na Moscow.

Niyo mpamvu Afurika y’Epfo na Uganda bari ku ruhande rushyigikiye Uburusiya( n’ubwo biterura mu ruhame ngo bibivuge) n’aho Zambia, Comoros bikaba bishyigiye Ukraine n’ibihugu biyifasha.

Hagati aho kandi hari n’ibihugu bifashe impu zombi, ibyo bikaba Misiri, Senegal na Congo- Brazzaville.

Mu minsi mike ishize, Amerika yareruye ishinja Afurika y’Epfo kugurisha intwaro mu Burusiya.

Icyakora i Pretoria barabihakanye, bavuga ko ibyo ntabyo bazi ahubwo ko hagiye gushyirwaho itsinda ryo kubiperereza.

Ibi ariko ntibikuraho ko bamwe mu bayobozi bakuru muri Amerika bari gusaba bashikamye ko Afurika y’Epfo yafatirwa ibihano bizazahaza ubukungu bwayo.

Ubuyobozi bwa Biden burashaka guhana Afurika y’Epfo

Kubera ko Uburusiya bushaka kugira ijambo muri Afurika, hari abavuga ko bushobora gutega amatwi ubutumwa buzaniwe n’Afurika.

Hagati aho kandi, hari inama izahuza Afurika n’Uburusiya iteganyijwe kuzabera i St Petersburg  muri Nyakanga, 2023.

Ukraine nayo imaze iminsi yohereje Minisitiri w’ububanyi n’amahanga ngo asobanurira Afurika impamvu iri kwirwanaho, ibi bigafatwa nk’uburyo bwo gutangiza igika cy’umubano mushya hagati ya Kiev n’Afurika.

Ibyo byombi bishobora kuba impamvu yatuma Afurika itegwa amatwi mu mikirize y’urubanza rwatumye Moscow itera Kiev.

Mu gihe iby’iyi ‘diplomatie’ ari uko bibonwa kugeza ubu, ku rundi ruhande haribazwa niba Abakuru b’ibihugu by’Afurika bazemera kwiteranya n’Amerika n’Uburayi bakitabira ‘ku bwinshi’ inama izabahuza n’Uburusiya iteganyijwe mu ntangiriro za Nyakanga, 2023.

TAGGED:AfurikaAmahoroBurusiyafeaturedIbinyampekeIfumbireIntambaraPutinUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwanda Yatorewe Kuyobora I&M Bank Rwanda Plc
Next Article Papa Francis Yavuye Mu Bitaro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Ebola Yagarutse Muri DRC

Musanze: Polisi Yafunze Ahengerwaga Inzoga Yitwa Karigazoke

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?