Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abikorera Ni Ingenzi Mu Kubaka Ibyo Afurika Ikeneye- Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abikorera Ni Ingenzi Mu Kubaka Ibyo Afurika Ikeneye- Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 February 2023 3:05 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame yabwiye abandi banyacyubahiro bitabiriye inama igamije kureba uko ibikorwaremezo byarushaho kubakwa muri Afurika ko nibashaka kuba nyamwigendaho nta kintu kinini kizagerwaho.

Avuga ko kugira ngo ibikorwa remezo bigerweho ku  rwego rwifuzwa, ari ngombwa ko abikorera ku giti cyabo bahabwa umwanya ufatika mu bikorwa byose by’iterambere.

Ku rundi ruhande ariko, avuga ko ibihugu by’Afurika bigomba gushyiraho uburyo bworoshye bwo gukora ‘business’ kugira ngo muri iryo shoramari abe ari naho haturuka ibisubizo biganisha ku iterambere rirambwe.

Kagame avuga ko imikoranire hagati ya Guverinoma n’abikorera ku giti cyabo izafasha no mu mikorere iboneye y’isoko rusange ibihugu by’Afurika biherutse gutangiza hagati yabyo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Afurika iherutse kwiha icyerekezo cyo kuzageraho mu mwaka wa 2063.

Ibyinshi mu bikorwa muri iki gihe biba biganisha k’ukugera ku ntego zo muri uriya mwaka.

Iriya nama mpuzamahanga yiga ku iterambere ry’Afurika yiswe Financing Summit for Africa’s Infrastructure Development.

Yatumijwe na Perezida wa Senegal akaba na Perezida w’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe Macky Sall.

Izitabirwa n’abayobozi batandukanye barimo abakuru b’ibihugu, abayobora ibigo by’imari n’ubucuruzi, abarimu n’abashakashatsi muri za Kaminuza n’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Afurika.

- Advertisement -

Yatangiye kuri uyu wa Gatatu taliki 01, Gashyantare, 2023 ikazarangira taliki 03 z’uko kwezi n’uwo mwaka.

Iri kubera mu nzu mberabyombi yitwa Abdou Diouf International Conference Center.

Abayitabiriye bazarebera hamwe uko imishinga migari yo guteza imbere ibikorwaremezo muri Afurika ihagaze n’ibyakorwa ngo izagerweho ku gihe.

Iyo mishinga iri mu ngeri z’ikoranabuhanga, gukwirakwiza amazi n’amashanyarazi mu cyaro, gufasha abaturage kugerwaho n’ibikoresho by’ikoranabuhanga na murandasi, guteza imbere urwego rw’ibikorwaremezo birimo ibijyanye n’ubwikorezi n’ibindi.

Ingengo y’imari ya Miliyari $160 niyo yateganyirijwe kuzabishyira mu bikorwa.

Abakuru b’ibihugu bazaganira aho iriya mishinga igeze ishyirwa mu bikorwa n’ibikenewe ngo ikomeze kuzuzwa.

Hazabaho n’inama zizakorwa mu matsinda mato zihuza Abaminisitiri n’abandi bafatanyabikorwa mu iterambere ry’Afurika bige ku mishinga yihariye.

TAGGED:AbikorerafeaturedIbikorwaremezoInamaKagameSenegal
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Yapfuye Ajya Gukiza Umufana Wa Arsenal N’Uwa Manchester
Next Article Burkina Faso Irashaka Kwihuza Na Mali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Perezida Wa Guinea Conakry Yaraye Yakiriwe N’Abaturage Be Baba Mu Rwanda

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?