Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abororera Muri Gishwati Hari Amakuru Basaba Uruganda Rw’Amata Rwa Mukamira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abororera Muri Gishwati Hari Amakuru Basaba Uruganda Rw’Amata Rwa Mukamira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 June 2023 1:30 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Aborozi b’inka bo mu bikuyu bya Gishwati banenga ubuyobozi bw’uruganda rubatunganyiza amata kutababwira uko imigabane barufitemo ihagaze kuko ngo hari amakuru bafite avuga ko rwahombye.

Binubira ko nta ruhare bagize mu micungire y’umutungo warwo mu myaka itanu.

Hagati aho ubuyobozi bw’ikigo Inyange  bwaguze urwo ruganda bwo buvuga ko rwabanje gukora ishoramari rirambye ariko ko mu gihe kiri imbere inyungu izaboneka.

RBA yanditse ko mu ntangiriro z’umwaka wa 2023,  aborozi b’inka barenga 2,000 bo mu bikuyu bya Gishwati buvuze ko bamaze imyaka 14 buri umwe atanze inka ifite agaciro ka Frw 500,000 nk’umugabane wari uwo gutangiza uruganda rutunganya amata rwa Mukamira Diary.

Babwiye ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru ko bababazwa n’uko mu myaka hafi itandatu rumaze rukora nta makuru bahawe y’uko ruhagaze bityo nabo, nk’abanyamigabane,ngo bagire uruhare mu mikorere n’imicungire yarwo.

Byatumye ku nshuro ya mbere mu myaka 14 ishize aba borozi batanze imigabane batumizwa mu nama n’ubuyobozi bw’uruganda rwa Mukamira Diary mu mu mataliki abanza ya Kamena, 2023.

Abo borozi babwiye itangazamakuru ko batanyuzwe n’ibyanzuriwe muri iriya nama birimo impamvu yatumye batamenyeshwa amakuru y’imikorere y’uruganda kugeza ubwo babwirwaga ko rwahombye.

Ikindi kibazo bavuga ko bafite ni icy’uko ubahagariye mu nama y’ubutegetsi y’urwo ruganda, Mushawudi Isaac atarabakoresha inama kuva ruriya ruganda rwatangira.

Kutabakoresha inama byatumye badasobanurirwa uko rukora ngo bamenye n’uruhare rwabo mu mikorere yarwo kandi bararutanzemo imigabane.

Uhagarariye abo bakozi muri ruriya rauganda ntacyo yatangarije bagenzi bacu gukesha iyi nkuru ku byo avugwaho.

Icyakora umuyobozi mukuru  w’uruganda rw’Inyange, Biseruka James avuga ko nawe atigeze agaragarizwa imbogamizi za bariya borozi, ariko akemeza ko kuva uru ruganda rwatangira gukora rutarunguka ku buryo abanyamigabane batangira kubona ubwasisi.

Icyabanje gukorwa ni ishoramari ry’igihe kirekire ariko akemeza ko  igihe kizagera bagatangira kubona inyungu.

Ubuyobozi bw’Inyange buvuga ko niba hari aborozi bifuza ko basubizwa imigabane yabo batanze cyangwa abashaka kumenya amakuru yisumbuye kuyo bafite ku ruhare rwabo mu micungire y’uruganda, byazigwaho binyuze mu bahagarariye mu Nama y’ubutegetsi y’uruganda.

TAGGED:AmafarangaAmatafeaturedGishwatiInkaInyangeUruganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bwa Mbere Hagiye Kwibukwa Abatutsi Batembanywe N’Akagera Muri Tanzania
Next Article Imbonerakure Zakubise Umuturage Zimumaramo Umwuka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?