Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ahagize Umurage W’Isi Hangijwe N’Imihindagurikire Y’Ibihe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Ahagize Umurage W’Isi Hangijwe N’Imihindagurikire Y’Ibihe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 April 2024 4:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Si inzara iterwa n’amapfa cyangwa iterwa n’imyuzure yangiza imyaka ndetse n’indwara z’ibyorezo byugarije abantu gusa bitewe n’imihindagurikire y’ikirere, ahubwo iki kibazo kigera no ku nyubako zagizwe umurage w’isi kubera uburyo zihariyemo.

Izo nyubako ni nyinshi kandi hirya no hino ku isi. Imwe muri zo ni iherereye mu bwami bwa Jordan yitwa Ad Deir yubatswe ahahoze umujyi wa Petra, ikaba yari inyubako abihayimana bakoreragamo.

Ni inzu ifukuye mu rutare yubatswe n’abagabo bari abacuruzi bamenyekanye mu Burasirazuba bwo Hagati bitwaga Nabateans, ubu imyaka ibaye 2000 batakibaho.

Ubushyuhe buri mu gace iyi nyubako y’akaraboneka yubatswemo bwatumye itangira kwangirika buhoro buhoro.

Ubushyuhe bwo mu gace yubatswemo bwamenyekanye kandi no mu bimera by’ahitwa Ma’an mu bwami bwa Jordan.

Umwe mu bahanga bo muri Kaminuza ya Al-Hussein Bin Talal witwa Alfarajat avuga ko muri kariya gace hahoze ibimera birimo n’ingano nyinshi ariko bitakihera kubera ubushyuhe bwinshi buterwa n’igihe izuba rimara rihava, nta kavura na mba!

Abahanga bavuga ko imihindagurikire y’ikirere yatangiye mu by’ukuri mu nyaka 40 ishize.

Muri icyo gihe hari ibimera byeraga ku bwinshi hirya no hino ku isi bitacyera cyangwa se byera nabi, ari bike kandi bitagifite umwimerere wabyo wa kera.

Imihindagurikire y’ikirere muri iki gihe yatumye imyuzure iba myinshi, izuba rimara igihe kirekire kurusha uko byahoze, indwara zimwe na zimwe zirushaho gukomera ndetse ituma n’ubutaka bwubatsweho ibintu bya kera byari agatangaza busaza butangira no kwangirika.

Ubushyuhe bukabije bwatangiye gutuma inkuta zubatse inyubako za kera cyane zitangira gusaduka gahoro gahoro.

Uretse urugero rwa ya nzu twavuze haruguru yubatswe n’aba Nabateans, hari n’izindi nyubako zahoze mu Bwami bw’Abami bw’Abaromani zatangiye gusaduka.

Ku byerekeye ya nyubako yo mu bwami bwa Jordan, umuhanga Alfarajat agira ati: “ Niba ushaka kwirebera ingaruka z’ubushyuhe bwatewe n’imihindagurikire y’ikirere uzaze wirebere inyubako ya Petra!”

Izuba ryinshi ryatangiye gusatura inkuta z’iyi nyubako idasanzwe kandi n’amabuye yegereye inyanja iri hafi aho nayo yatangiye kwangizwa n’amazi y’inyanja yazamutse mu ngano.

National Geographic yanditse ko ingaruka zo kwangirika kw’inyubako yo mu mujyi wa Petra bizagira ingaruka zikomeye ku bukerarugendo.

Aha hantu hasanzwe hasurwa n’abantu bagera kuri miliyoni ku mwaka.

Twababwira ko aba Nabateans bari abacuruzi b’imideli n’imirimbo bakoreraga ubucuruzi mu bice byari hagati y’Ubwami bw’abami bw’Abaromani n’ibice by’Uburasirazuba bw’isi ni ukuvuga mu Bushinwa, Ubuhinde n’Ubugereki.

Bari bafite uburyo bahanganagamo n’amazi yakundaga kubateza imyuzure ariko ntibari bakunze kuzahazwa n’izuba ryinshi nk’iriri muri aka gace muri iki gihe.

Aho bapfiriye bagashira, ibikorwa byo kurinda aka gace byarahagaze gatangira kwibasirwa n’ibibazo birimo n’imyuzure ndetse n’uruzuba rusa nurudakuraho.

Mu myaka 2000 ishize iyi nyubako yakomeje kwihanganira iby’iki kibazo ariko ibintu byaje kunanirana none yatangiye kwangirika.

Mu magambo make, ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere zageze kuri byose.

Zageze ku bantu, mu bimera, ku nyamaswa zo mu Nyanja n’iz’umusozi ndetse no ku nyubako za kera cyane Yezu Kristu na Mohamad bataraza ku isi.

Indi wasoma:

Inyubako Za Ba Farawo Ba Misiri Ya Kera Zubatswe Zite? Zubakwa Na Bande?

TAGGED:AhantufeaturedIkirereImihindagurikireJordanKristuNyaburanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwafanaga Rayon Akajya Muri APR Yirukanywe Aho Yakodeshaga
Next Article Gasabo: Urukuta Rwagwiriye Umwana Na Nyina Barapfa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?