Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: AIMS-Rwanda Ikomeje Kubakira Ubushobozi Abiga N’Abigisha Siyansi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

AIMS-Rwanda Ikomeje Kubakira Ubushobozi Abiga N’Abigisha Siyansi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 December 2023 3:17 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gufasha Leta y’u Rwanda mu muhati wayo wo kubakira ubushobozi abarimu n’abanyeshuri biga siyansi, Kaminuza Nyafurika y’imibare na siyansi, African Institute of Mathematical Sciences, AIMS, yaraye ihaye abo mu ishuri ry’i Rubavu ibikoresho bakenera mu kwiga siyansi n’ikoranabuhanga.

Ibyo bikoresho babyita science kits, bikaba byarahawe ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi kugira ngo kizabihe ibindi bigo.

I Rubavu byahawe abo mu kigo cyitwa  Groupe Scolaire Amahoro Anglican de Rubavu, bikaba byarakozwe muri gahunda ngarukamwaka bita Teacher Training Program igamije guha abarimu ubumenyi n’ibikoresho bizima bibafasha kuzamura urwego rw’umwuga wabo.

Leta y’u Rwanda isanzwe ikorana n’iki kigo mu kuzamura ubumenyi bwa siyansi n’ikoranabuhanga, by’umwihariko mu bakobwa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikigo cy’igihugu cy’uburezi, Rwanda Basic Education Board (REB), nicyo gikorana na AIMS muri uyu mujyo.

Ikigo MasterCard Foundation nacyo gifatanyije na Leta y’u Rwanda mu guteza imbere uyu mushinga ugamije ko ibyo Abanyarwanda bazakora byose mu myaka iri imbere bizaba byifashisha ikoranabuhanga.

Ni muri uyu mujyo AIMS Rwanda, REB na MasterCards baraye bashyikirije abanyeshuri ba Groupe Scolaire Amahoro Anglican iri mu Karere ka Rubavu ibikoresho by’ikoranabuhanga ngo bazabyifashishe mu masomo yabo.

Umuyobozi mukuru AIMS Rwanda, Prof Sam Yala yavuze ko ubusanzwe ubumenyi muri siyansi ari ishingiro ryo kugera kuri byinshi, gutekereza mu buryo bwagutse no kumenya guhanga udushya.

Prof Sam Yala

Yala avuga ko iyo abantu batangiye kwiga ikoranabuhanga cyangwa ubumenyi ubwo ari bwo bwose hakiri kare, bituma bakura bakunda kwiga, bikazababera impamba mu myigire yabo y’ejo hazaza.

- Advertisement -

Prof Yala ati: “ Duharanira ko abana bacu batangira kumenya gukoresha ibikoresho by’ikoranabuhanga bakiri bato kuko bituma bazavamo abahanga bakomeye b’ejo hazaza. Ibikoresho tubahaye si ibyo gukinisha ahubwo ni ibyo kuzamura ubumenyi bwabo.”

Abanyeshuri bo muri Groupe Scolaire Anglican Amahoro basanzwe biga ibinyabutabire, ubugenge n’ibinyabuzima kandi kwiga aya masomo bisaba gukora imyitozongiro(practice) myinshi.

Umuyobozi w’Ikigo, REB, gishinzwe guteza imbere uburezi, Dr. Nelson Mbarushimana yashimye abahaye abana biriya bikoresho kuko bizatuma baba indashyikirwa mu kwiga no gutsinda amasomo y’ubumenyi na siyansi.

Ibi kandi biri mu byo umwe muri aba bana ashima, uwo yitwa Emelyne Uwamahoro.

We avuga ko kwigishwa siyansi n’abarimu b’abagore bimutera imbaraga zo kuzaminuza mu masomo yabo.

David Rugangirwa uyobora Mastercard Foundation mu Rwanda avuga ko ikigo akorera kizakomeza gukorana na Leta y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo mu kuzamura ireme ry’uburezi muri siyansi no mu bumenyi busanzwe hagamijwe impinduka zirambye.

TAGGED:featuredIkoranabuhangaMbarushimanaREBRubavuSiyansiUburezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Kumurikira Isi Ibyo Rwagezeho Mu Kurengera Ibidukikije
Next Article Minisanté Yahagaritse Ibarura Ryakorwaga N’Ihuriro Ry’Abavuzi Gakondo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?