Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Airtel Yatangije Murandasi Ya 4G Ikora Mu Rwanda Hose
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IkoranabuhangaMu Rwanda

Airtel Yatangije Murandasi Ya 4G Ikora Mu Rwanda Hose

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 November 2024 8:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku bufatanye na Minisiteri ya ICT na Inovasiyo, Airtel Rwanda yatangije murandasi y’igisekuru cya kane bita 4G ikora aho uyifite yaba ari hose mu Rwanda. Izakora mu Rwanda hose ku kigero cya 95% kandi mu myaka ibiri izaba iri ku 100%.

Imikorere yayo yatangarijwe mu kiganiro iki kigo cy’ubucuruzi bwa serivisi z’itumanaho n’ikoranabuhanga cyagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri taliki 19, Ugushyingo, 2024.

Emmanuel Hammez uyobora iki kigo yavuze ko basanze gukwirakwiza ubu bwoko bwa murandasi hirya no hino mu Rwanda bizafasha mu iterambere ubuyobozi bw’iki gihugu bwiyemeje kugeza ku baturage.

Yagize ati: “ Uyu ni umwanya mwiza Airtel Rwanda ibonye wo kubwira abafatabuguzi bayo ko itangije murandasi ikora mu gihugu hose kandi ikaba yafasha abayikoresha guhamagarana mu buryo bubangutse kandi budahenze”.

Uko ni uguhamagarana gukoresha murandasi ku mbuga nkoranyambaga nka WhatsApp n’izindi.

Bizakora binyuze mu buryo bise Voice Over 4G (VoLTE).

Ku byerekeye imikorere ya murandasi,  Hammez avuga ko iri koranabuhanga rizakorera mu gihugu hose ku kigero cya 95%, akemeza ko buri Munyarwanda ukoresha umurongo wa Airtel Rwanda azungukirwa no kuyikoresha.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ikoranabuhanga na Inovasiyo Iradukunda Yves yashimiye Airtel Rwanda ko ikomeje gufasha Leta mu ntego zayo zo guteza imbere ikoranabuhanga mu itumanaho.

Avuga ko kuba yatangije iriya murandasi bizazamura umubare w’abakoresha murandasi mu Rwanda kandi ikazaba idahenze cyane.

Ubuyobozi bwa Airtel Rwanda bwishimiye kandi umwaka ushize butangije uburyo bwo korohereza abaturage gutunga telefoni z’ikoranabuhanga( smartphones) ku giciro gito.

Izo telefoni zigura Frw 20,000 zitangiye guhabwa abaturage bo mu Karere ka Kayonza mu mwaka wa 2023, kuzitanga bitangirira mu Karere ka Rubavu, hari mu mpera z’uyu mwaka.

Zatanzwe muri gahunda Airtel Rwanda yafatanyije na Minisiteri y’ikoranabuhanga na Inovasiyo yiswe Connect Rwanda.

TAGGED:AirtelfeaturedIkoranabuhangaMinisiteriRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Impunzi Z’i Goma Zugarijwe N’Indwara Ya Macinya
Next Article Ukekwaho Kwica Umukecuru W’i Ngoma Akamuca Umutwe Yafashwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

Ibishanga Bya Kigali Byangizwa N’Ababisukamo Amazi Yanduye- Minisitiri Arakwiye

Rwanda: Abana Bafite Ubumuga Baracyahishwa Mu Ngo

UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza

Umunya Iraq Wahoze Ari Impunzi Yatorewe Kuyobora UNHCR

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Guinée-Bissau: Inshuti Y’Uwahoze Ari Perezida Yafatiwe Mu Ndege Afite Ivarisi Yuzuye Amafaranga

M23 Yemeye Kuva Muri Uvira Ariko Igira Ibyo Isaba…

MINAGRI Yemeje Urwego Rwemerewe Kwita Ku Mbuto

Ruhango: Bakurikiranyweho Kwica Urubozo Uwo Bafitanye Isano

Tshisekedi Arashaka Ubufasha Bwa Gisirikare Bwa Angola

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rusizi: Hafatiwe Uvugwaho Gusiga Yishe Sewabo Wagaba i Rulindo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abavoka Basaba Ruswa Batokoza Ubutabera- Mukantaganzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibishanga Bya Kigali Biri Gutunganywa Bizatahwa Muri Kamena 2026-REMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kagame Yibukije Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Ko Ruswa Ikiri Ikibazo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?