Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Akamaro K’Amasaka Si Intungamubiri Gusa, Yarokoye N’Abatutsi Muri Jenoside
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Akamaro K’Amasaka Si Intungamubiri Gusa, Yarokoye N’Abatutsi Muri Jenoside

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 April 2022 11:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu muco w’Abanyarwanda bo ha mbere amasaka n’uburo byari imbuto ikomeye mu muco. Amasaka yakoreshwaga muri byinshi byari bigamije guhuza Abanyarwanda bakunga ubumwe.

Akamaro k’amasaka ku Banyarwanda kageraga no ku mirire aho baryaga umutsima bita ‘rucakarara’ ukaba umutsima w’amasaka wahaga uwawuriye imbaraga zo gukomeza urugendo.

Ku rwego mpuzamahanga, amasaka bivugwa ko akomoka mu Misiri cyangwa muri Sudani, ubu hashize imyaka 10,000.

Henshi ku isi kandi mu buryo butandukanye, bakoresha amasaka mu  kuyagaburira amatungo, kuyengamo inzoga, kuyasongamo umutsima, ibikinyeri(ingingo zumwe z’amasaka) bakabisakaza nyakatsi( n’ubwo mu Rwanda yaciwe…) bayashigishamo ifu y’igikoma, agakorwamo umugati, imitsima yokeje “gateaux”, biswi n’ibindi.

Ni igihingwa kizigama amazi n’ifumbire, akihanganira izuba, kandi  akagira imizi imanuka mu butaka ikayafasha kubona ibyo akeneye byose.

Amasaka akungahaye  no ku butare bwa “phosphore”, ubwa  “fer” na “calicium”.

Yarokoye ubuzima bw’Abatutsi benshi…

Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye mu gihe cy’imvura nyinshi. Abari ho icyo gihe ntibazibagirwa uko amasaka yari yeze, ashishe.

Ahenshi mu Rwanda hari imvura nyinshi kandi imyaka yeze.

Imyaka yari yeze muri kiriya gihe yari amasaka, imyumbati, imigozi y’ibijumba, ibishyimbo biri hafi kwera, mbese muri macye igihugu cyari gifite ikirere cyiza.

Icyakora Abanyarwanda bo ntibari babanye neza! Abatutsi bahigirwaga hasi kubura hejuru!

Jenoside yatangiye taliki 07, Mata, 1994 itangira mu ijoro abantu bose basinziriye.

Ni nyuma y’ihanuka ry’indege y’uwahoze ayobora u Rwanda Juvénal Habyarimana.

Haba muri iryo joro ndetse n’iminsi yakurikiyeho, imvura yari nyinshi, itava ku muryango.

Abatutsi bahigwaga muri kiriya gihe baboneye ubuhungiro mu mvura kuko iyo yabaga ari nyinshi Intarahamwe n’Impuzamugambi zabahigaga zajyaga kugama, bityo bakabona agahenge.

Iyo yahitaga abicanyi beguraga ibisongo, amacumu, imihoro, impiri bagashumukura imbwa zabo bakajya guhiga Abatutsi aho bashoboraga kubabona hose.

Uretse kuba imvura yaratumaga abicanyi bajya kugama, abahigwaga bakabona agahenge, amazi y’imvura yatumwe amasaka yera, Abatutsi bahigwaga babona imisigati yo guhekenya ngo babone agacukari, babobeze akanwa n’umuhogo.

Kubera ko inzara iryana, hari n’abahekenye amahundo yayo bituma byibura mu nda hagira ikijyamo.

Amasaka yabereye Abatutsi benshi isoko yo kuramuka.

Hari umuturage wanditse kuri Twitter ko hari abo amasaka yarushije ubupfura n’ubumuntu.

Yanditse ati:  “Warushije abantu ubumuntu, Warushije abantu ubupfura, Warushije abantu ubutwari, Warakoze!”

Warushije abantu ubumuntu
Warushije abantu ubupfura
Warushije abantu ubutwari
Warakoze! #Kwibuka28 pic.twitter.com/aD6aaYlNBS

— Ruzindana Rugasaguhunga (@RuzindanaRUGASA) April 8, 2022

Ikindi bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bavuga ko cyari bube kibi kurushaho ni uko ibintu byari bube bibi iyo Jenoside iza guhurirana n’impeshyi.

Mukazayire ati: “ Terekereza akaga twari buhure nako iyo baza kuduhiga mu gihe cy’impeshyi ubwo baba batema amasaha! Imvura n’amasaka byaradutabaye ku rwego runini.”

Avuga ko n’ubwo Inkotanyi zaje zikarokora abantu, ariko muri rusange iyo hatabaho amasaka, urufunzo n’urutoki, zari busange mbarwa!

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi hagati ya Mata na Nyakanga mu mwaka wa 1994 bashimira Inkotanyi ko zabatabaye zikabarokora ariko ntibibagirwa akamaro amasaha, urutoki, urufunzo n’imvura byagize kugira ngo babone aho bihisha.

Kwihisha mu mungoti utarimo ibyatsi cyangwa udakikijwe n’amasaka cyangwa ibigori byinshi ntaho byari bube bitaniye no ‘guhungira ubwayi mu kigunda.’

TAGGED:AbatutsiAmasakafeaturedImvuraInkotanyiJenoside
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kamonyi: Abaturage Basabye Ubuyobozi Kubuza Imodoka Ziremereye Guca Ku Kiraro Biyubakiye
Next Article Perezida Kagame Ari Muri Kenya Ahagiye Kwakirirwa DRC Muri EAC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?