Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: AKUMIRO: Mu Bugesera Haravugwa Uburaya Bukorwa N’Abana Bafite Imyaka 12…
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

AKUMIRO: Mu Bugesera Haravugwa Uburaya Bukorwa N’Abana Bafite Imyaka 12…

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 November 2023 8:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Bugesera haravugwa abana b’abakobwa bafite hagati y’imyaka 12 na 16 bakora uburaya. Umuyobozi w’aka Karere Richard Mutabazi yabwiye itangazamakuru ko atari azi iki kibazo, ko kigiye guhagurukirwa.

Hari mu kiganiro we na bagenzi be bayobora aka Karere bahaye itangazamakuru taliki 25, Ugushyingo, 2023, ubwo muri aka Karere hatangizwaga Icyumweru cyahariwe Gushyaha Ihohoterwa Rishingiye ku Gitsina.

Umunyamakuru usanzwe ukorera mu Karere ka Bugesera yabwiye abayobozi bari aho ko abana yaganiriye nabo bamubwiye ko bajya mu buraya kuri iriya myaka kubera ubukene bwazonze imiryango yabo.

Bavuze ko amafaranga babikuramo ari yo afasha iwabo kubatunga.

Mutabazi ati: ‘ Tugiye kubyinjiramo tumenye ibyo ari byo’

Akirangiza kumva icyo kibazo ndetse no gusesengura uburemere bwacyo, Meya wa Bugesera yavuze ko agiye guhera kuri ayo makuru ahawe, akinjira byimbitse muri iki kibazo kugira ngo we na bagenzi be babone aho bahera bagifatira ingamba.

Ati: “ Tugiye kwinjira muri iki kibazo tumenye ibyacyo. Ntabwo twakwirengagiza gukurikirana amakuru avugwamo icyaha nk’icyo cyo guhohotera abana ukabashyira mu busambanyi . Ni ikintu dukwiye guhagurukira.”

Meya Richard Mutabazi

Uyu muyobozi avuga ko abana ari bo bitambo by’ibibazo biri mu muryango nyarwanda muri rusange.

Ibibazo biri mu bashinzwe kubitaho ngo nibyo bisunikira abana kujya mu bikorwa bidakwiye birimo ubusambanyi.

Mu nkuru nyinshi Taarifa yatangaje mu bihe bitandukanye, hagaragayemo raporo zivuga ku mirimo y’imbaraga ikoreshwa abana mu birombe by’amabuye y’agaciro n’ahandi.

Ikomeye muri iyo ni iy’abana bagwiriwe n’ikirombe mu Karere ka Huye ubwo bari bagiye kwiga ariko bakajya gucukura amabuye y’agaciro bari kumwe n’abantu bakuru bikarangira  bagwiriwe n’ikirombe kubakuramo bikanga.

Meya Mutabazi yabwiye The New Times ko ubuyobozi bugiye kureba uko ikibazo cy’abana bajya mu buraya kimeze, hakarebwa imiryango baturukamo, ikibatera gukora ibyo bakora, bakaganirizwa, bagafashwa gusubira mu buzima bwiza.

Niba ari impamo, gihagurukirwe vuba- Depite Madina Ndangiza

Umwe mu Badepite witwa  Madina Ndangiza avuga ko niba iki kibazo cyavuzwe mu Karere ka Bugesera ari impamo, hakwiye guhita hatangizwa uburyo bwihuse bwo kugihagarika kandi hakarebwa niba nta handi biri.

Ati: “ Niba iki kibazo kimenyekanye ni ngombwa ko gihagurukirwa, ntihagire ukibona nk’aho ari ibintu bisanzwe.Ubuyobozi nibugire vuba na bwangu bukinjiremo.”

Depite Madina Ndangiza

Ndangiza avuga ko iki kibazo kidahagurukiwe, byaba ari ukwica ejo hazaza h’abana b’u Rwanda.

CLADHO isaba ko abakoresha abana uburaya bajya bakurikiranwa

Umuyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa muri CLADHO agakurikirana n’uburenganziza bw’umwana by’umwihariko Evariste Murwanashyaka yabwiye Taarifa ko ikibazo kivugwa mu Bugesera gikwiriye kwitabwaho cyane.

Avuga ko hagomba gusuzumwa igitera ababyeyi kuhereza abana muri iyi migirire mibi kandi hagafatwa ingamba zo kumenya no gukurikirana abakoresha abo bana imibonano mpuzabitsina imburagihe.

Asaba ko ababyeyi gukora uko bashoboye bakabonera abana babo iby’ibanze bakeneye mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Evariste Murwanashyaka ukora muri CLADHO

Hagati aho umwe mu bagore bo mu Bugesera avuga ko ikindi kibazo gihari ari uko imiryango ibyara benshi.

Imibare ivuga ko impuzandengo y’abana bavuka ku muryango w’abanya Bugesera ari abana batandatu.

Andi makuru Taarifa yamenye ni uko hari bamwe mu bantu bakuru basuhukiye muri aka Karere kuhashakira imibereho bashobora kuba bagira uruhare mu gusambanya abana .

Kubera imirimo y’ubwubatsi, ubucukuzi bw’imicanga n’ibindi bikorwa by’iterambere, hari abantu baturutse hirya no hino mu Rwanda bagera muri kariya karere bakahashakira ubuzima.

Umugore umwe witwa Valentine yavuze ko abo bari mu bagira uruhare ‘mu gutera inda abana na ba Nyina.’

TAGGED:AbakobwaAbanaBugeseraDepitefeaturedMutabaziNdangizaUburaya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imbwirwaruhame Ya Mbere Kirr Yagejeje Kuri EAC Yatumye Bamwibazaho
Next Article Ubwato Bwa Israel Bwashimuswe N’Abashyigikiwe Na Iran
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?