Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amafoto: Igipfunsi Mu Bafana Ba Chelsea na Manchester City…
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Amafoto: Igipfunsi Mu Bafana Ba Chelsea na Manchester City…

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 May 2021 7:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abafana ba Chelsea na Manchester City baraye bateranye ibipfunsi, imiteri, imitwe, intebe, ameza, amagare n’ibindi… Ni mu bushyamirane bwabahurije imbere ya Polisi igerageza kubakiza biranga.

Ubu bushyamirane bubaye mbere gato y’umukino wa nyuma( final)uri buhuze aya makipe ari guhatanira igikombe cy’amakipe yabaye aya mbere iwabo( Champions League), uri bubere kuri stade yitwa Estadio de Dragao muri Portugal.

Mbere y’uko iriya mirwano iba, abafana ba buri kipe hari bamaze hafi amasaha 24 banywa agasembuye kandi banywera mu tubari twegeranye.

Umukino wa nyuma wa UEFA Champions League urabera kuri Stade ya Dragao iri ahitwa Porto, muri Portugal iwabo w’Ikipe FC Porto.

Abafana 16.500 nibo bemerewe kujya muri iriya stade, abandi bakaza kuwukurikiranira mu ngo zabo kuko mu tubari ho bari bube bafunze bitarenze saa yine z’ijoro.

Ikindi kandi ni uko n’uhagarariye Ishyirahamwe ry’abanyatubari muri Portugal, Bwana Antonio Fonseca, ryitwa Association of Bar Keepers of Historic Porto, nawe yavuze ko bafite impungenge z’uko hari bube imirwano hagati y’abafana nibaramuka barebeye umupira mu tubari.

Ntawamenya icyasembuye uburakari hagati y’aba Bongereza bafana amakipe agiye guhurira ku mukino wa nyuma, ariko amafoto arerekana ko bateranye igipfunsi kiremereye.

U Bwongereza nicyo gihugu cya mbere ku isi kigira abafana bakunda umupira w’amaguru kurusha ahandi ku isi.

Ni cyo gihugu kandi kigira shampiyona ikurikirwa n’abantu benshi ku isi.

Abakinnyi bakomeye ku isi akenshi baba bafite inzozi zo kuzakina muri imwe mu makipe yo mu Bwongereza.

Bamaze guhaga agacupa baterana igipfunsi
Abana bati: ‘ Iby’abantu bakuru ntitwabimenya, reka twigendere’
Batanye ku wa kajwiga
Abafana ba Chelsea
Uguhiga ubutwari muratabarana

TAGGED:ChelseafeaturedInzogaManchesterPolisiPortugalStade
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mushikiwabo I Nyamirambo Yasuye Ikigega Gitera Inkunga Abagore
Next Article Umugaba w’Ingabo Za Misiri Yasuye U Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Igiciro Cy’Ikawa Y’Ibitumbwe Cyazamutseho 25% Ku Kilo

Rusizi: Abajura Binjira Mu Bitaro Bakiba

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?