Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amafoto: Uwahoze Ari Minisitiri W’Intebe W’u Buyapani Yarashwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Amafoto: Uwahoze Ari Minisitiri W’Intebe W’u Buyapani Yarashwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 July 2022 7:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Shinzo Abe wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani yarashwe n’umusore ubwo yagezaga ijambo ku baturage bari bateraniye ahitwa Nara. Ari kwiyamamariza kuzaba umusenateri muri iki gihugu cya gatatu gikize kurusha ibindi ku isi.

Amatora y’abagize Sena azaba ku Cyumweru taliki 10, Nyakanga, 2022.

Yarashwe mu gituza ahita yihutanwa kwa muganga ariko kugeza ubu nta makuru ahamye avuga ko amerewe aratangazwa.

Uwamurashe ni umusore wari wazanye imbunda yayihishe mu kintu gituma ntawacyeka ko irimo, amurasa amuturutse mu bitugu.

Abe ni umugabo w’imyaka 67.

Ababonye araswa bavuga ko isasu ryamukorekeje ahita yikubita hasi, abashinzwe umutekano we biruka bajya kumufata ngo barebe niba agihumeka ariko banamujyane kwa muganga.

Itangazamakuru rwo mu Buyapani rivuga ko Polisi y’aho yafashe umusore ukekwaho kiriya gitero cyagabwe ku munyacyubahiro nka Shinzo Abe.

Iby’uko yarashwe kandi byemejwe n’Umuyobozi w’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe witwa Hirokazu Matsuno.

Nyuma y’uko inkuru isakaye ku isi, abayobozi bakomeye bamaganye kiriya gitero bavuga ko ibyabaye bibabaje kandi ko uwabikoze n’abandi bafatanyije bagomba gufatwa bakagezwa imbere y’ubutabera.

Abamaganye biriya bitero barimo Ambasaderi w’Amerika mu Buyapani witwa Rahm Emmanuel, Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe z’Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Antony Blinken,  abayobozi bakuru muri Indonesia, Taiwan n’ahandi.

Shinzo Abe yavuye ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani yeguye.

Yasimbuwe na Yoshihide Suga nawe waguye atararangiza umwaka muri izi nshingano.

Abashinzwe umutekano bahise bamufata
Ntabwo yari bubacike
Indege yatwaye Abe kwa muganga
Yamuturutse inyuma aramurasa
Ikintu ubona kimeze nk’icyuma gifotora ni imbunda
TAGGED:AbeBuyapanifeaturedMinisitiriShinzo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Y’Imyaka 6 Icyanya Cya Nyandungu Gitunganywa, Kigiye Gutahwa
Next Article Imiyoborere Mibi Niyo Ntandaro Y’Amakimbirane-Min Gatabazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Afurika Y’Epfo: Abantu 11 Biciwe Mu Kivunge

Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi W’Ikigega Cy’Isi Cy’Imari 

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi W’Ikigega Cy’Isi Cy’Imari 

You Might Also Like

Mu mahanga

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?