Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amakipe Y’u Rwanda Yatsindiye Kuzahatanira Shampiyona Y’Isi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

Amakipe Y’u Rwanda Yatsindiye Kuzahatanira Shampiyona Y’Isi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 July 2025 10:33 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Bitwaye neza muri uyu mukino kandi bemerewe kuzakomereza mu yandi marushanwa.
SHARE

Amakipe y’u Rwanda akina umukino witwa Sitting Volleyball mu bagabo n’abagore yatsindiye kuzakina Shampiyona y’isi izabera mu Bushinwa mu mwaka wa 2026.

Iyo ntsinzi yabonetse nyuma kwitwara neza muri shampiyona ya Afurika yaberaga muri Kenya kuva tariki 4 kugeza tariki 9, Nyakanga, 2025.

Ikipe y’Igihugu y’abagore niyo yabonye iyi tike ku ikubitiro imaze gutsinda imikino ine yose yakinnye na Kenya kuko yayitsinze ku maseti 3-0. Hagati aho kandi Nigeria ntiyitabiriye iri rushanwa.

Kutabyitabira byatumye u Rwanda na Kenya bakina imikino ine, ibihugu byombi biba ari byo bibona itike yo kuzakina shampiyona y’Isi izabera mu Bushinwa 2026 bihagariye Afurika.

Abagabo bari baherereye mu itsinda rya mbere bari kumwe  na Kenya na Algeria nibo batangiye irushanwa batsinda Algeria amaseti 3-0, bongera gutsinda Kenya amaseti 3-1 bagera muri 1/2.

Muri iki cyiciro bahahuriye na Maroc nayo bayitsinda amaseti 3-0 bituma bagera ku mukino wa nyuma.

Misiri, ari nayo isanzwe ifite igikombe muri uyu mukino ku rwego rwa Afurika, yatsinze u Rwanda ku mukino wa nyuma wakinwe kuri uyu wa Gatatu ubera i Nairobi.

Amakipe y’u Rwanda yaherukaga n’ubundi kwitabira igikombe cy’Isi mu mwaka wa  2023 nabwo cyabereye mu Misiri, abagabo bagatahana umwanya wa cyenda mu gihe abagore batahanye umwanya karindwi.

Shampiyona y’isi 2026 izabera mu Bushinwa i Hangzhou kuva tariki 11 kugeza kuri 21, Nyakanga 2026.

Amakipe azayegukana mu bagabo n’abagore azahita abona itike yo kuzakina imikino Paralempike izabera i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mwaka wa  2028.

TAGGED:AbagaboAbagorefeaturedIgikombeImikinoIrushwanaIsiVoilley
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Abajenerali Bashinjanye Gushaka Guhirika Tshisekedi 
Next Article U Rwanda Rwabonye Miliyoni $18 Yo Kwagura Umushinga Green Amayaga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?