Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amasaha Y’Ingendo Yagejejwe Saa Yine Z’Ijoro, Gyms Zirakomorerwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Amasaha Y’Ingendo Yagejejwe Saa Yine Z’Ijoro, Gyms Zirakomorerwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 May 2021 10:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inama y’abaminisitiri yemeje ko ingendo zemewe kuva saa kumi za mu gitondo kugeza saa yine z’ijoro, mu gihe zasozwaga saa tatu z’ijoro.

Ni umwe mu myanzuro y’inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu.

Gusa iyi nama yemeje ko mu turere tw’Intara y’Amajyepfo turimo Ruhango, Nyanza, Huye, Gisaragara, Nyaruguru na Nyamagabe, ingendo zitagomba kurenza saa moya z’ijoro.

Ingendo hagati y’intara n’Umujyi wa Kigali zizakomeza. Umubare w’abagenzi imodoka rusange zitagomba kurenza wavuguruwe zemererwa gutwara 75% by’ubushobozi bwazo, mu gihe zari zemerewe 50%.

Inama zihuza abantu zizakomeza, ariko umubare w’abitabira inama ntugomba kurenga 30% by’ubushobozi bwo kwakira inama bw’aho bakoraniye. Iyo barenze 20 basabwa kwipimisha COVID-19.

Muri aya mabwiriza harimo ko insengero zahawe uburenganzira bwo gukora zishobora kwakira abantu kugeza kuri 50% ugereranyije n’ubushobozi bwazo, mu gihe zari zemerewe 30%.

Iyi nama y’abaminisitiri kandi yemeje ko resitora na Café zizakomeza kwakira abantu batarenze 50%, kandi ntizirenze saa tatu z’ijoro.

Ku bijyanye n’ubukwe, hemejwe ko abantu bashobora kubwitabira batarenga 30, mu gihe habarwaga 20. Ibirori byo kwiyakira ariko birabujijwe.

Hemejwe ko n’abitabira ikiriyo batagomba kurenga abantu 30, mu gihe habarwaga 10 bashoboraga kucyitabira icyarimwe.

Muri iyi myanzuro, inzu zikorerwamo siporo zizwi nka Gyms zakomorowe.

Imyanzuro ikomeza iti “Ibigo bikorerwamo imyitozo ngororamubiri (gyms) bizafungurwa mu byiciro, gahunda y’ifungura izatangazwa na Minisiteri ya Siporo nyuma yo kugenzura ko byubahirije ingamba zo kwirinda COVOD-19.”

Pisine na spa bizakomeza gufungwa, icyakora abacumbitse muri hotel bemerewe gukoreramo siporo, berekanye ko bipimishije COVID0-19.

Muri ayo mabwiriza harimo ko mu gihe igihugu cy’u Buhinde gikomeje kwibasirwa n’ubwandu bushya bwa COVID-19, abagenzi bavayo bazajya bashyirwa mu kato k’iminsi irindwi ahantu hateganyijwe, kandi bakiyishyurira ikiguzi cyose.

TAGGED:AbaminisitiriCOVID-19featuredingendoinsengeroKigaliUbukwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yakiriye Cardinal Kambanda
Next Article Imirenge Ibiri Yashyizwe Muri Guma Mu Rugo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?