Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Igiye Guhagarika Inkunga Ya Gisirikare Yahaga Ukraine
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Amerika Igiye Guhagarika Inkunga Ya Gisirikare Yahaga Ukraine

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 March 2025 9:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Zimwe mu ntwaro Amerika yahaye Ukraine
SHARE

Umwe mu bayobozi bakuru muri Perezidansi ya Amerika yavuze ko iki gihugu kigiye guhagarika inkunga ya gisirikare cyahaga Ukraine.

Yabwiye CBS ko Amerika ishaka kuba ihagaritse iriya nkunga kugira ngo harebwe niba hari akamaro yagiriye Ukraine mu gihe cyahise cyangwa ishobora kuzayigirira mu gihe kizaza.

Ati: ” Amerika irashaka guhagarika inkunga yahaga Ukraine mu bya gisirikare kugira ngo ibanze isuzume akamaro kayo mu by’ukuri”.

Icyo Amerika ivuga ko yifuza ni ugusuzuma neza niba nibiba ngombwa ko yongera guha Ukraine iriya nkunga, izaba ari iyo kuyigirira akamaro karambye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Amerika ya Donald Trump ifite amatwara mashya mu bijyanye n’imikoranire yayo n’abahoze ari inshuti zayo.

Trump yashyizeho Elon Musk, umukire wa mbere ku isi, ngo acunge neza uko umutungo w’igihugu.

Musk yashyiriweho urwego rwiswe Department of Government Efficiency, DOGE, rushinzwe kugenzura niba amafaranga adatagaguzwa, rukareba kandi niba abakozi ba Leta bakora neza akazi bahawe.

Leta ya Amerika niyo yari isanzwe ari umuterankunga mu bya gisirikare wa mbere wa Ukraine.

Intwaro, imodoka za gisirikare, imiti n’ibindi bitandukanye biri mu byo Washington yahaga Kyiv ngo ihangane n’Uburusiya.

- Advertisement -

Ni mu ntambara yari imaze imyaka irenga itatu, yatangijwe n’Uburusiya muri Gashyantare, 2022.

Ubutegetsi bwa Joe Biden bwahise bwiyemeza gufasha Ukraine ngo ihangane n’Uburusiya, bubikora binyuze mu kuyiha intwaro zihenze cyane.

Ibi ariko bisa n’ibigiye guhagarara kuko Trump we adashaka ko iyo ntambara ikomeza.

Muri iki gihe ari mu biganiro na Putin ngo harebwe uko intambara yarangira.

Umubano wa Ukraine na Amerika ntumeze neza kugeza aho Zelenskyy aherutse guterana amagambo na Trump bari imbere y’itangazamakuru.

Ikiganiro bari bahuriyemo ngo baganire n’itangazamakuru cyarangiye nabi kuko Zelenskyy n’itsinda bari bari kumwe basabwe gusohoka bakitahira.

Amerika iri gushaka uko yakorana na Ukraine, ikayirindira umutekano ariko nayo ikemera ko amabuye y’agaciro ‘adasanzwe’ ifite mu butaka bwayo yacukurwa na Amerika.

Iyo ngingo Ukraine ntiyemera uko yakabaye kuko itarahabwa ibimenyetso mpamo by’uko uwo mutekano Amerika iyizeza izawukurikiza koko.

Ukraine ivuga ko kugira ngo byibura ibyizere, ari uko Amerika yakohereza abasirikare bayo bakaba bari muri Ukraine bashinzwe kuhagarura no kuhacungira amahoro.

Byibura abaturage ba Ukraine bakwizera ko isezerano rya Amerika rifatika kandi rizaramba.

Indi ngingo ikomereye Ukraine ni icyizere ihabwa n’Abanyaburayi cy’uko bazayirinda guterwa n’Uburusiya.

Muri Ukraine bavuga ko icyo cyizere gishobora kuzaraza amasinde kuko n’Uburayi ubwabwo busanzwe burambirije kuri Amerika ngo iburinde..

Umudepite wo muri iki gihugu avuga ko nta mahoro Ukraine yakwizera igihe cyose itaba irinzwe na Amerika cyangwa abandi ariko nabo bashyigikiwe na Amerika.

Ikibabaje ni uko Amerika yatangaje ko igiye guhagarika inkunga ya gisirikare yari isanzwe iha Ukrainie, ikintu cyagize bamwe mu bayobozi b’iki gihugu gakura umutima.

Umudepite witwa Oleksandr Merezhko yavuze ko iyo ari inkuru ibabaje cyane.

Yabwiye BBC ati: “ Ibiri kubaho muri iki gihe biteye inkeke kuko nta muntu watekerezaga ko Amerika yahagarika inkunga ya gisirikare yahaga igihugu cyacu, ngo iyihagarike mu gihe kiyikeneye kurusha ikindi gihe cyose”.

Uyu muyobozi avuga ko amateka azabaza Trump ibyo ari gukorera Ukraine.

TAGGED:AmerikafeaturedIntambaraIntwaroTrump featuredUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article The Ben Yanenze Uko Trace Awards Yo Muri Tanzania Yari Iteguwe
Next Article Umunyarwanda Yashinzwe Kuyobora UN Muri Madagascar
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?