Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Irashaka Gukaza Imishinga Ihuriyeho N’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gukaza Imishinga Ihuriyeho N’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 January 2024 6:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ambasaderi w’Amerika mu Rwanda Eric W. Kneedler yaganiriye na Perezida wa Sena y’u Rwanda Hon François Xavier Kalinda uko  Washington yarushaho gukorana na Kigali mu mishinga impande zombi zihuriyeho.

Perezida wa Sena ati: “ Twaganiriye cyane cyane ku mubano dusanzwe dufitanye na Leta zunze ubumwe z’Amerika. Twavuze ibintu byinshi bijyanye n’uwo mubano, haba mu bukungu, mu bukerarugendo, mu buzima, mu by’umutekano n’ibindi.”

Avuga ko u Rwanda rwishimira ko Amerika ibona kandi igaha aagaciro urugendo rw’iterambere rwihaye.

Ikindi avuga ko gishimishije kandi baganiriyeho ni uko Amerika nayo itanga umusanzu mu kugarura amahoro mu Karere u Rwanda ruherereyemo.

Ubutwererane hagati y’Amerika n’u Rwanda bumaze imyaka 60.

Ambasaderi w’Amerika we avuga ko ubwo butwererane bwamaze gushibukamo ubufatanye binyuze mu mishinga ibihugu byombi bihuriyemo.

Yabwiye itangazamakuru ko mu biganiro bye na Perezida wa Sena y’u Rwanda barebye kandi bita ku mahirwe agaragara ku mpande zombi kugira ngo habeho ubufatanye burushijeho mu bukungu n’ubucuruzi.

Uyu muyobozi avuga ko muri biriya biganiro habayeho no kureba uko Abanyamerika bakomeza kugirana ubucuti n’Abanyamerika, bikaba ubucuti bushingiye ku baturage ubwabo( People to People: P2P)hagati yabo.

Ambasaderi w’Amerika mu Rwanda Eric W. Kneedler

N’ubwo hari ubwo umubano hagati ya Kigali na Washington ujya uzamo agatotsi kubera impamvu runaka, muri rusange u Rwanda rubanye neza na Amerika ndetse iki gihugu kirufata nk’umufatanyabikorwa w’ingenzi muri Afurika.

Kuva Jenoside yakorewe Abatutsi yahagarikwa kugeza no mu gihe gito gishize ubwo COVID-19 yadukaga mu Rwanda, Amerika yabaye ingirakamaro mu gufasha u Rwanda kwivana muri ibyo bibazo.

Hari abanyeshuri benshi b’u Rwanda biga muri Amerika ndetse hari Kaminuza zo muri iki gihugu zafunguye amashami yazo mu Rwanda.

Perezida Paul Kagame afite gahunda mu ntangiriro za Gashyantare, 2024 yo kuzajya gusura Abanyarwanda baba muri Amerika no mu bihugu biyituriye muri gahunda ngarukamwaka ya Rwanda Day.

Iy’umwaka wa 2024 izabera Atlanta, uyu akaba ari umurwa mukuru wa Leta ya Georgia muri Amerika.

TAGGED:AmbasaderiAmerikaCOVID-19featuredKalindaRwandaSena
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Isomwa Ry’Urubanza Rwa Dubai Ryasubitswe
Next Article Rwanda: Ni Iki Gitera Abakristo Amacakubiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?