Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Irashaka Gukaza Imishinga Ihuriyeho N’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gukaza Imishinga Ihuriyeho N’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 January 2024 6:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ambasaderi w’Amerika mu Rwanda Eric W. Kneedler yaganiriye na Perezida wa Sena y’u Rwanda Hon François Xavier Kalinda uko  Washington yarushaho gukorana na Kigali mu mishinga impande zombi zihuriyeho.

Perezida wa Sena ati: “ Twaganiriye cyane cyane ku mubano dusanzwe dufitanye na Leta zunze ubumwe z’Amerika. Twavuze ibintu byinshi bijyanye n’uwo mubano, haba mu bukungu, mu bukerarugendo, mu buzima, mu by’umutekano n’ibindi.”

Avuga ko u Rwanda rwishimira ko Amerika ibona kandi igaha aagaciro urugendo rw’iterambere rwihaye.

Ikindi avuga ko gishimishije kandi baganiriyeho ni uko Amerika nayo itanga umusanzu mu kugarura amahoro mu Karere u Rwanda ruherereyemo.

Ubutwererane hagati y’Amerika n’u Rwanda bumaze imyaka 60.

Ambasaderi w’Amerika we avuga ko ubwo butwererane bwamaze gushibukamo ubufatanye binyuze mu mishinga ibihugu byombi bihuriyemo.

Yabwiye itangazamakuru ko mu biganiro bye na Perezida wa Sena y’u Rwanda barebye kandi bita ku mahirwe agaragara ku mpande zombi kugira ngo habeho ubufatanye burushijeho mu bukungu n’ubucuruzi.

Uyu muyobozi avuga ko muri biriya biganiro habayeho no kureba uko Abanyamerika bakomeza kugirana ubucuti n’Abanyamerika, bikaba ubucuti bushingiye ku baturage ubwabo( People to People: P2P)hagati yabo.

Ambasaderi w’Amerika mu Rwanda Eric W. Kneedler

N’ubwo hari ubwo umubano hagati ya Kigali na Washington ujya uzamo agatotsi kubera impamvu runaka, muri rusange u Rwanda rubanye neza na Amerika ndetse iki gihugu kirufata nk’umufatanyabikorwa w’ingenzi muri Afurika.

Kuva Jenoside yakorewe Abatutsi yahagarikwa kugeza no mu gihe gito gishize ubwo COVID-19 yadukaga mu Rwanda, Amerika yabaye ingirakamaro mu gufasha u Rwanda kwivana muri ibyo bibazo.

Hari abanyeshuri benshi b’u Rwanda biga muri Amerika ndetse hari Kaminuza zo muri iki gihugu zafunguye amashami yazo mu Rwanda.

Perezida Paul Kagame afite gahunda mu ntangiriro za Gashyantare, 2024 yo kuzajya gusura Abanyarwanda baba muri Amerika no mu bihugu biyituriye muri gahunda ngarukamwaka ya Rwanda Day.

Iy’umwaka wa 2024 izabera Atlanta, uyu akaba ari umurwa mukuru wa Leta ya Georgia muri Amerika.

TAGGED:AmbasaderiAmerikaCOVID-19featuredKalindaRwandaSena
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Isomwa Ry’Urubanza Rwa Dubai Ryasubitswe
Next Article Rwanda: Ni Iki Gitera Abakristo Amacakubiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?