Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Yahaye U Rwanda Izindi Nkingo Zisaga 750,000 Za Pfizer
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Amerika Yahaye U Rwanda Izindi Nkingo Zisaga 750,000 Za Pfizer

admin
Last updated: 01 October 2021 6:32 am
admin
Share
SHARE

Ambasade ya Leta zunze ubumwe za Amerika mu Rwanda yemeje ko mu mpera z’iki cyumweru ruzakira inkingo 751,140 za COVID-19 zo mu bwoko bwa Pfizer, zatanzwe nk’impano.

Ni icyiciro cya kabiri cy’nkingo Amerika izaba ihaye u Rwanda, ku buryo zose hamwe zizahita ziba inkingo 1,239,830.

Mu kwezi gushize icyo gihugu cyahaye u Rwanda inkingo 488,370 za Pfizer, zirimo 188,730 zigize igice cy’inkingo Amerika yemereye mu nama ya G-7 ko izagurira ibihugu bitandukanye, n’izindi 300,000 zavuye ku nkingo icyo gihugu gifite, cyiyemeje gusaranganya ibihugu bizikeneye cyane.

Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda Peter H. Vrooman, yavuze ko igihugu cye “kirimo gusaranganya izi nkingo za COVID-19 mu gutabara ubuzima no kurangaza isi imbere mu gushyira iherezo kuri iki cyorezo.”

Yavuze ko Perezida Joe Biden yiyemeje ko imbaraga zakoreshejwe mu guhangana n’icyorezo imbere mu gihugu zigiye no gushyirwa ku rwego mpuzamahanga.

Muri Kamena Biden yatangaje ko Amerika ifite ubushake bwo kugura inkingo zigera muri miliyoni 500 za Pfizer zizagenerwa ibihugu bigera mu 100, mu kubyunganira mu guhangana na COVID-19 binyuze muri gahunda y’ikingira.

Ku wa 22 Nzeri yatangaje igurwa ry’izindi nkingo miliyoni 500 za Pfizer, ku buryo igihugu cye kizaba kimaze gutanga inkingo miliyari 1.1 bitarenze umwaka wa 2022.

Iyi ni inkunga ikomeye u Rwanda rubonye, nyuma y’uko rumaze gukingira abantu miliyoni 1.6 bakingiwe byuzuye na miliyoni 2.1 bahawe urukingo rwa mbere.

Izi nkingo za Amerika ubwazo zishobora gukingira byuzuye abantu 375,570, kuko inkingo za Pfizer zisaba ko umuntu ahabwa ebyiri.

Amerika Yahaye u Rwanda Inkingo Ibihumbi 490 Za Pfizer

TAGGED:AmerikaCOVID-19featuredPfizer
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kuba Gusura Pariki Y’Ibirunga Bihenze Bifite Akamaro-Umushakashatsi
Next Article Pariki Ya Gishwati – Mukura Yongeye Gusubiranywa, Inahabwa Ubuhumekero
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?