Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Angola: Ubutasi Bw’u Rwanda Bwaganiriye N’Ubwa DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Angola: Ubutasi Bw’u Rwanda Bwaganiriye N’Ubwa DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 August 2024 3:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Luanda habereye inama y’ubuhuza bwa Angola yitabiriwe n’abahagarariye inzego zishinzwe iperereza hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo.

Baganiriye ku byo babona byakorwa kugira ngo umutekano urambye ugaruke mu Burasirazuba bwa DRC aho umutwe M23 umaze iminsi usibana n’ingabo za DRC n’abazishyigikiye.

Intumwa z’u Rwanda ziyobowe na Colonel Jean Paul Nyirubutama akaba umuyobozi mukuru wungirije w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe umutekano n’iperereza, NISS, ushinzwe iperereza ryo hanze y’u Rwanda.

Ari kumwe n’umuyobozi muri Minisiteri y’ingabo ushinzwe ububanyi n’amahanga mu bya gisirikare Brig Gen Patrick Karuretwa na Col Regis Gatarayiha ushinzwe ubutasi bwa gisirikare mu ngabo z’u Rwanda.

Inama yabo ije ikurikira iy’Abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo muri ibi bihugu iherutse kubera muri Angola ku buhuza bw’iki gihugu.

Ni inama yari yemeranyirijwemo ko impande zihanganye mu Burasirazuba bwa DRC bishyira intwaro hasi hakaba agahenge.

Icyakora ako gahenge uko bigaragara ntakabaye kubera ko abarwanyi ba M23 bavuze ko ibya ako gahenge bitabareba kuko itatumiwe aho kemerejwe.

Ntibyatinze imirwano irakomera ku buryo hari abaturage benshi ba DRC barimo n’abapolisi bahungiye muri Uganda.

Byatumye Uganda ibona ko ibintu biri kuyototera ihitamo kongera abasirikare bayo ku mupaka uyigabanya na DRC.

Uruhande rwa DRC
Angola ni umuhuza muri iki kibazo. Tete Antonio ushinzwe ububanyi n’amahanga niwe waganiriye nabo
TAGGED:AbasirikareCongoDRCfeaturedIngaboNyirubutamaRwandaUbutasi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CHUB Habereye Igikorwa Cyo Kubaga Ubwonko ‘Kidasanzwe’
Next Article Inyambo Kagame Yagabiye Umuryango Wa Knowless Zawugezeho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?