Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: APR BBC , UGB Na Dolphin BBC Ya Uganda Yabonye Intsinzi Mu Mikino Yo Kwibuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

APR BBC , UGB Na Dolphin BBC Ya Uganda Yabonye Intsinzi Mu Mikino Yo Kwibuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 April 2025 11:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
APR BBC ihagaze neza muri iyi mikino.
SHARE

Imwe mu makipe ahagarariye u Rwanda mu irushanwa rya Basketball rikinwa mu rwego rwo kuzirikana abahoze ari abakinnyi b’uyu mukino bazize Jenoside yakorewe Abatutsi ari yo APR BBC iri kwitwara neza.

Si yo gusa ariko kuko hari n’andi abiri yo muri Uganda ari yo UGB na Dolphin nayo abihagazemo neza.

Ikipe y’abagore APR Women Basketball Club yatsinze Kepler amanota 58 kuri 55, naho JKL Dolphins yo muri Uganda itsinda ikipe ya East African University Rwanda amanota 96 kuri 73, hari mu mukino waraye ubaye kuri uyu wa Kane Tariki 24, Mata, 2025.

Mu bagabo hakinwe imikino itatu harimo n’uwikirarane utari warabereye igihe kuko ikipe ya Kenya Ports Authority yari itaragera mu Rwanda.

Uyu mukino warangiye Kenya Ports itsinze REG BBC yo mu Rwanda amanota 58 kuri 55.

Wakurikiwe n’uwahuje ikipe ya UGB yo mu Rwanda na Dar City yo muri Tanzania, maze UGB itsinda Dar City amanota 75 kuri 71.

Uwakinwe nyuma y’indi  ni uwahuje  APR BBC yatsinzemo KPA yo muri Kenya amanota 99 Kuri 61.

Iri rushanwa ryatangiye Tariki 23 Mata, rikazageza tariki ya 27 Mata 2025 muri Petit Stade, mu byiciro byombi.

Ryitabiriwe kandi n’amakipe yo mu Rwanda ariyo APR BBC abagabo n’abagore, REG BBC abagabo n’abagore, Patriots BBC na UGB mu bagabo.

Kuri uyu wa Gatanu harakinwa indi mikino aho mu bagabo ikipe ya Dar City ikina na Patriots naho REG igakina na APR.

Mu cyiciro cy’abagore, APR irakina na KPA naho REG ikine na Dolphins.

Ubwo iri rushanwa ryaherukaga kuba, ryegukanywe n’ikipe ya APR mu bagabo n’abagore.

TAGGED:AbatutsiBasketballImikinoJenosideKwibukaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rurasinyana Na DRC Amasezerano Imbere Y’Amerika
Next Article Umujenerali Ukomeye W’Uburusiya Yishwe N’Igisasu Giteze Mu Modoka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?