Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: APR FC Yatangiye Guha Abantu Icyizere Cyo Gutwara CECAFA
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

APR FC Yatangiye Guha Abantu Icyizere Cyo Gutwara CECAFA

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 July 2024 7:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunya-Mauritania witwa Mamadou Sy ukinira APR FC yaraye ayitsindiye El-Merreikh Bentiu yo muri Sudan y’Epfo igitego 1-0,

Byatumye igira amahirwe yo kubona itike ya 1/2 mu Irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika y’Uburasirazuba n’iyo Hagati ryitwa CECAFA Kagame Cup.

Saa mbiri z’ijoro za Kigali nibwo uyu mukino watangiye ubera kuri Chamazi Complex mu mujyi wa Dar es Salaam muri Tanzania.

Igice cya mbere cyaranzwe ahanini no gusatira kwa APR FC kuko abakinnyi bayo bahererekanyaga neza ariko gutsinda bikomeza kwanga.

El-M yaranzwe no gucunga izamu yirinda gusatira cyane.

Igice cya mbere cyarangiye nta kipe itsinze indi.

Igice cya kabiri cyaranzwe n’impinduka zakozwe na APR FC aho umutoza yahise akuramo Taddeo Lwanga na Dushimimana Olivier abasimbuza Kwitonda Alain na Mamadou Sy.

Byatanze umusaruro mwiza kuko ku munota wa 69 Mamadou Sy yahise atsinda igitego akoresheje umutwe.

Hari ku mupira yari ahawe na Niyomugabo Claude.

Ku munota wa 77, APR FC yongeye gukora impinduka ikuramo Victor Mbaoma asimbuwe na Dauda wasabwaga gufasha ikipe ye gucunga igitego yari yatsinze.

Darko Navić utoza APR yakoze neza kuko abasore be bamwumviye bacunga igitego bari batsinze kugeza iminota 90 irangiye ntsinzi itaha i Rwanda.

Undi mukino wabaye muri iri tsinda rya Gatatu (C), ni uwahuje SC Villa yatsinze Singida Big Stars ibitego 3-1.

APR FC izongera gukina ku wa mbere taliki 15 Nyakanga, 2024 saa sita z’amanywa ikina na SC Villa.

Naho El-Merreikh Bintiu izakina na Singida Big Stars.

APR FC irasabwa kuzanganya uwo mukino wa gatatu igahita yuzuza amanota arindwi.

TAGGED:APRCECAFAfeaturedIkipeKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yatereye Abantu Igiparu Cy’Ukuntu Yirutse Asiga Umujandarume
Next Article Kicukiro: Abaje Kwamamaza Kagame Ibintu Babishyize Ku Rundi Rwego
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?