Imikino
Arteta Utoza Arsenal ‘Ashobora’ Kwirukanwa

Hari amakuru atangwa n’ibinyamakuru byo mu Butaliyani avuga ko uwari umutoza wayo Mikel Arteta ashobora kwirukanwa, agasimburwa na Antonio Conte.
Ni nyuma y’uko ku wa Gatanu ushize ikipe yitwa Brentford yatsindaga Arsenal 2-0 bikababaza abafana hirya no hino ku isi harimo na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.

Perezida Kagame ntiyishimiye uko ikipe afana yitwaye mu mukino uheruka
Ikinyamakuru Football365 kivuga ko ubuyobozi bwa Arsenal buri gushaka uko bwakwirukana umutoza Arteta, bukazana Antonio Conte na Lautaro Martinez.
Gahunda ya Arsenal ni ukumvisha Conte ko yayizamo hanyuma yarangiza kubyemera nawe akabyumvisha Martinez.

Antonio Conte niwe uvugwaho kuzasimbura Arteta
Mu mukino Arsenal iherutse gutsindwa, yatsinzwe ibitego bibiri ku busa, bya Sergi Canos ku munota wa 22 na Christian Norgaard kuwa 73.

Conte narangiza kuza muri Arsenal ngo azareshya Lautaro Martinez nawe aze. Uyu asanzwe ari umukinnyi ukomoka muri Argentine
Hari mu mukino wa mbere ikipe ya Brentford yari itsinze nyuma y’imyaka 75 itabigeraho.